Ibi bije nyuma y’ibiganiro by’iminsi ibiri byahurije intumwa za Amerika n’u Bushinwa muri Espagne ku kibazo cya TikTok ndetse no kubivuganaho kwa Perezida Donald Trump na Xi Jinping, byombi byabaye muri Nzeri uyu mwaka.
Perezida Trump na Xi bagiranye ikiganiro kuri telefone ku wa 19 Nzeri 2025 ndetse Trump yavuze ko ibyo biganiro byagenze neza bakemeranya ku kibazo cya TikTok ku buryo hasigaye gusinya amasezerano gusa, kandi ko n’abashoramari bo muri Amerika babyiteguye.
Mu biganiro byo muri Espagne ibyaganiriweho byari ukuba ibikorwa bya TikTok muri Amerika byacungwa n’Abanyamerika banabyemeranyaho ariko byagombaga kwemezwa n’abakuru b’ibihugu byombi.
Umuvugizi wa White House, Karoline Leavitt yavuze ko mu buyobozi bwa TikTok muri Amerika hazaba harimo Umushinwa umwe abandi ari Abanyamerika.
Ati “Hazaba hari imyanya irindwi mu nama nyobozi izajya igenzura ibikorwa bya TikTok muri Amerika. Batandatu muri abo bantu barindwi bazaba ari Abanyamerika.”
Uwo muvugizi yongeyeho ko mu minsi mike iri mbere ibyo bizashyirwaho umukono kuko byamaze kumvikanwaho n’impande zombi.
Amerika igaragaza ko TikTok muri Amerika yari iteye inkeke ku mutekano wayo kuko ngo u Bushinwa bwayikoreshaga mu kubiba amakuru ariko bwo burabihakana.
Mu 2019 ni bwo Amerika yatangiye kugagaragaza ko ibikorwa bya TikTok muri icyo gihugu bigomba kuva muri sosiyete y’Abashinwa iyigenzura yitwa ByteDance bikajya mu maboko y’Abanyamerika.
Byongeye gushyirwamo imbaraga muri uyu mwaka ubwo Donald Trump yari asubiye ku butegetsi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!