Bruno Twagirumukiza watangije uru rubuga, yabwiye IGIHE ko nyuma yo kumara imyaka yitegereza uburyo abakora ingendo zo mu ntara bavunika, yiyemeje gushinga uru rubuga.
Ati " Nabonaga abantu batonze imirongo batazi niba n’imodoka zihari, nifuza gutangiza ikintu gishya, cyakemura ibi bibazo, ni igitekerezo nari maranye igihe. Niho havuye Tega Bus."
Ku muntu ushaka gukoresha iri koranabuhanga, asura urubuga rwa Tega Bus ukuzuza imyirondoro, bakakwereka imodoka zihari n’aho zerekeza hamwe n’igiciro wishyura. Iyo usoje, abakozi ba Tega Bus baguhamagara urugendo rubura iminota 30, bakagushyikiriza itike yawe, bakakwereka n’imodoka ugendamo.
Tega Bus yatangiye ari igitekerezo mu 2024, muri Mata 2026 nibwo yagiye hanze, aho kuri ubu imaze gukoreshwa n’abasaga 2.000, mu gihe yatanze akazi gahoraho ku bantu 11.
Twaganiriye na Bruno Twagirumukiza washinze uru rubuga, atubwira aho bageze ndetse asubiza ibibazo bikunze kwibazwa.
Reba ikiganiro twagiranye na Twagirumukiza



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!