00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rurageretse hagati ya WhatsApp n’abayiganye

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 2 April 2026 saa 08:23
Yasuwe :

WhatsApp yaburiye abayikoresha bagera kuri 200 biganjemo abo mu Butaliyani, bashutswe bagashyira muri telefone zabo za iPhone verisiyo ya porogaramu y’uru rubuga y’inyiganano yakozwe n’ikindi kigo.

WhatsApp yashinje ikigo cyo mu Butaliyani gikora porogaramu zo gutata amakuru cya SIO, ivuga ko ari cyo cyiganye urubuga rwa WhatsApp.

Mu rwego rwo kurinda abo bantu 200, WhatsApp yabahagarikiye konti zabo [logged them out], ibaburira ku byago bishobora kwibasira amakuru yabo bwite, inabasaba kuyisiba kugira ngo bashyiremo porogaramu yemewe ya Meta.

WhatsApp iteganya kwiyambaza amategeko kugira ngo ihagarike SIO gukomeza ibi bikorwa.

Gukoresha porogaramu nk’izi mu kuneka abantu ni amayeri azwi akoreshwa n’inzego z’umutekano mu Butaliyani. Umwaka ushize iki kigo cya SIO cyafashwe gikora porogaramu z’inyiganano nk’izi zagenewe telefone zikoresha sisitemu ya Android.

Umwaka ushize WhatsApp na bwo yaburiye abantu 90 bari bibasiwe n’ikindi kigo gikora porogaramu zo kuneka abantu cyitwa Paragon Solutions.

Abo bantu 90 bari bibasiwe barimo abanyamakuru n’impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu, ibintu byateje imvururu n’ikibazo gikomeye mu Butaliyani.

Rurageretse hagati ya WhatsApp n’abayiganye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages