Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro byatangaje ko Perezida Kagame yitabiriye ibi biganiro byayobowe n’Umunyamabanga Mukuru w’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Ikoranabuhanga mu by’Itumanaho (ITU), Doreen Bogdan-Martin, ku gicamunsi cyo ku wa 6 Nyakanga 2025.
Itangazo ryashyizwe ku rukuta rwa X rigaragaza ko Perezida Kagame yitabiriye iyi nama mu buryo bw’ikoranabuhanga “hagarukwa ku myaka 15 ishize abantu bose bagezwaho ikoranabuhanga binyuze muri iyi komisiyo.”
Amafoto yashyizwe hanze agaragaza ko abari muri Village Urugwiro harimo Umuyobozi Ushinzwe Ishyirwa mu bikorwa rya Gahunda mu Biro by’Umukuru w’Igihugu, Mauro De Lorenzo, Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula n’abandi.
Perezida Kagame afatanya na Carlos Slim kuyobora iyi Komisiyo.
Mu 2022 inama ngarukamwaka ya Broadband Commission yabereye mu Rwanda.
Komisiyo y’Umurongo mugari w’Itumanaho yashinzwe mu 2010 igamije kuzamura uruhare rw’ikoranabuhanga mu igenamigambi mpuzamahanga no guteza imbere ikoreshwa ryaryo muri buri gihugu.
Mu 2015 iyi komisiyo yongeye gutangazwa nka Komisiyo y’Umurongo mugari igamije Iterambere rirambye nyuma y’uko Umuryango w’Abibumbye wari umaze kwemeza Intego zigamije Iterambere rirambye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!