00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mudasobwa zisaga miliyoni umunani zagezweho n’ibibazo byibasiye Microsoft

Yanditswe na Nshuti Hamza
Kuya 21 July 2024 saa 09:41
Yasuwe :

Sosiyete y’Abanyamerika icuruza serivisi z’ikoranabuhanga, Microsoft, yatangaje ko mudasobwa zikoresha ’Microsoft Windows’ zagezweho n’ikibazo cyo ku wa 19 Nyakanga 2024, zibarirwa muri miliyoni 8.5.

Microsoft yasobanuye ko uwo mubare utagera kuri 1% bya mudasobwa zose zikoresha Microsoft Windows, ariko ko ari munini bitewe n’ibibazo wateje abakiliya.

Sosiyete y’Abanyamerika ifite izina rikomeye mu guhangana n’ibitero by’ikoranabuhanga, Crowdstrike, ni yo ntandaro y’ikibazo cyabaye.

Yasobanuye ko habaye amakosa ubwo hakorwaga amavugurura (update) kuri porogaramu yayo yitwa ’Falcon Sensor’, irinda umutekano wa mudasobwa zikoresha Microsoft Windows, kugira ngo zitagerwaho n’ibitero by’ikoranabuhanga.

Mudasobwa zahuye n’icyo kibazo zameraga nk’izifungutse bundi bushya (restart) nyamara iyo ’restart’ ntirangire, ikamara amasaha menshi muri ’screen’ haka ubururu.

Bijyanye n’uko serivisi za Crowdstrike zikenerwa n’ibigo bikomeye, ibyagizweho ingaruka cyane ni ibitanga serivisi z’imari, itangazamakuru, iz’ubuvuzi n’iz’ingendo zo mu kirere.

Uwo munsi ingendo z’indege zirenga 3,300 zarahagaritswe ku Isi yose kubera icyo kibazo.

Ibitaro byo hirya no hino ku Isi byabuze uko bibaga abarwayi, naho ibitangazamakuru bimwe bimara amasaha menshi bitagaragara, bitanumvikana.

Mudasobwa zahuye n’icyo kibazo ni uku zamaraga amasaha menshi zimeze

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .