Ni umuhango wabaye kuri uyu wa 21 Ukwakira 2025, aho abawitabiriye basobanuriwe byimbitse imikorere y’uru rubuga mu guha urubyiruko amahirwe yo kubona ubumenyi no kubahuza n’abatanga akazi ku buntu.
Ingazi ni urubuga rwahurijwemo amakuru yose urubyiruko rwakenera. Rutangirwaho amasomo atandukanye, haba mu ikoranabuhanga, ubucuruzi n’ubumenyi rusange. Ruzajya rukora nk’umuhuza hagati y’umukozi n’umukoresha binyuze mu bafatanyabikorwa barwo.
Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Christine Nkurikiyinka, yashimangiye ko Guverinoma izakomeza gushyira imbaraga mu guhanga udushya mu ikoranabuhanga kugira ngo urubyiruko rubone imirimo yo gukora.
Yagize ati "Ku rubuga Ingazi, twashyizemo ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (AI) mu guhuza abakozi n’abakoresha, aho sisitemu izajya ikubwira ahari akazi n’amasoko yabanje kureba aho wujuje ibisabwa. Ikaba ari na yo shusho y’icyerekezo cy’u Rwanda mu guha urubyiruko ubumenyi bukenewe ku isoko ry’umurimo.”
Lieke van de Wiel uhagarariye UNICEF Rwanda, yatangaje ko Ingazi ije ishimangira ubufatanye bwa UNICEF na Guverinoma y’u Rwanda mu gufasha urubyiruko kubona ubumenyi n’ibikoresho byo guhangana n’ibibazo bihungabanya ubukungu.
Ati “Icy’akarusho hano mu Rwanda ni uburyo uyu mushinga wagiye uvugururwa hakurikijwe umuco n’ibikenewe mu gihugu. Ingazi ni urubuga rwaturutse ku bufatanye bwacu n’urubyiruko kuva kera, rugamije gukemura ibibazo by’u Rwanda no gukorera hamwe n’abagira uruhare mu rwego rw’ubukungu."
Iki gikorwa kandi cyabaye umwanya mwiza wo gushishikariza abafatanyabikorwa kugana Ingazi, bagira umwanya wo kubaza ibibazo, kuganira ku mbogamizi no kurebera hamwe umuti wazo.
Uru rubuga rwatangiye gukora muri Gicurasi 2024, ubu rukoreshwa n’abasaga ibihumbi 30. Kuri iyi nshuro rwongewemo ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (AI) rizahuzwa n’indangamuntu, bifashe mu gukusanya amakuru no gukurikirana imyigire y’abahugurirwa kuri www.Ingazi.rw.
Amafoto: Nzayisingiza Fidele



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!