Ni intambwe igamije gutuma uru rubuga rwigarurira imitima ya benshi barukoresha binyuze mu kubagaragariza video ngufi zikomeje gukundwa na benshi muri ibi bihe.
Iki kigo giteganya gutangira kugerageza ubu buryo mu mpera z’umwaka wa 2026. Iri gerageza ry’ibanze rizibanda ku masoko mpuzamahanga yatoranyijwe aho abantu basanzwe bareba video nyinshi.
Mu gihe igerageza ryagenda neza ikigo kigafata icyemezo cyo gukomeza, iyi miterere ishyira video imbere ishobora kwaguka ikagera ku bakoresha uru rubuga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu 2027.
Ku bantu bakunda imiterere ya kera, hari inkuru nziza. Abazashyirwa mu itsinda ry’igerageza bazaba bafite amahitamo yo kubyanga. Mu gukora ibyo, bashobora kugarura uburyo bwa kera bw’amagambo n’amafoto nk’uko bisanzwe bigaragara iyo ufunguye Facebbok.
Ku bazemeza ubu buryo bushya bwo gushyira video imbere, uburyo bwa kera bwerekana amakuru y’inshuti, amatsinda, n’amapaji ntibuzavaho burundu. Buzashyirwa ku mwanya wa kabiri [tab] muri porogaramu, kugira ngo bibe byoroshye kubibona mu gihe ubyifuza.
Umuyobozi wa Facebook yasobanuye ko iyi mpinduka iri kuba kuko video yabaye ahantu hibanze abantu bavugira, bahurira, kandi bahahira kuri internet.
Mu gushyira video imbere, uru rubuga rwizeye kujyana n’uko abantu basigaye bifuza gukoresha imbuga nkoranyambaga muri iki gihe no gukomeza gukurura abakoresha uru rubuga.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!