00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Airbus igiye kureka gukoresha serivisi za Google z’ububiko bw’amakuru

Yanditswe na IGIHE
Kuya 21 December 2025 saa 04:49
Yasuwe :

Airbus, kimwe mu bigo bikora indege n’ibindi bikoresho byifashishwa mu bwikorezi bwo mu kirere, cyemeje ko hari serivisi zitangwa na Google kigiye kuzibukira kubera umutekano w’amakuru utizewe kuko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishobora kugenzura amakuru yose.

Airbus yemeje hari uburyo bw’ikoranabuhanga bwayo igiye kuvana mu bubiko bw’amakuru bwa Google. Airbus igaragaza ko iki cyemezo gishingiye ku bibazo bigaragaza ko umutekano w’aya makuru bwite uri mu kaga.

Iki cyemezo gifashwe mu gihe Google ishinjwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ibibazo bitandukanye bijyanye n’ikoranabuhanga ryayo ry’ubwenge buhangano rizwi nka Gemini.

Ikirego kivuga ko mu Ukwakira 2023, Google yashyize Gemini, ku zindi porogaramu zayo nka Gmail, Chat, na Meet, bikayiha ububasha bwo kugera ku makuru ari muri za email, inyandiko zitandukanye, abaganira mu buryo bw’amashusho kandi nta bubasha ba nyirabyo batanze. Icyakora Google ibihakana yivuye inyuma.

Airbus iri gushaka uburyo yatanga ikiraka cyo kuvana amakuru yayo ku bubiko bw’amakuru bwa Google akimurirwa ku bundi bwo mu Burayi bwizewe.

Airbus isanzwe ikoresha Google Workspace, iri kugerageza kwimura uburyo bwayo bw’ikoranabuhanga, nyuma yo gutegura ububiko bwayo bw’amakuru.

Ibi bizatuma amakuru yayo ajyanye no gukora ibikoresho bitandukanye, imicungire y’ibikorwa by’ubucuruzi, n’ajyanye n’ikorwa ry’indege yose yimurwa.

Airbus igaragaza ko hari amahirwe angana na 80% yo kubona ikigo cyo mu Burayi cyatanga serivisi zo kubika amakuru, mu buryo buhuye n’ibisabwa haba mu rwego rwa tekiniki n’amategeko.

Visi Perezida wa Airbus ushinzwe ikoranabuhanga ati “Nkeneye ububiko bw’amakaruru bwigenga kuko amakuru yacu amwe aba akomeye ku rwego rw’igihugu n’u Burayi bwose. Dushaka ko aya makuru agenzurwa n’u Burayi.”

Airbus iteganya gushyira hanze itangazo ryo gupiganira isoko rifite agaciro k’arenga miliyoni 58.5$. Biteganyijwe ko azatangazwa muri Mutarama 2026.

Airbus, imaze imyaka itandatu iyoboye mu kugurisha indege nyinshi n’ibikoresho byayo, mu ntangiriro za Ukuboza 2025 yemeye ko Boeing bihora bihanganye ishobora kuzayicaho muri uyu mwaka.

Ni umusaruro Boeing ikesha Perezida Donald Trump, wakunze kuyishakira ibiraka hirya no hino ku Isi.

Nko muri Gicurasi 2025, Qatar Airways yagiranye amasezerano na Boeing ya miliyari 200$ arimo no kugura indege 160 zikorwa n’urwo ruganda rw’Abanya-Amerika.

Ni amasezerano yasinywe ku wa 14 Werurwe 2025, nyuma y’uruzinduko Donald Trump yagiriye muri Qatar.

Boeing iri mu nganda zikomeye zikora indege mu Isi haba ku bwinshi no ku gukomera. Mu 2024 yagurishije indege 348, icyakora zaragabanyutse kuko mu 2023 urwo ruganda rwari rwagurishije indege z’ubucuruzi 528.

Icyakora ihora ihigwa mu mibare na Airbus, kuko iki kigo cy’i Toulouse mu Bufaransa, mu 2024 cyatumwe indege zirenga 870, cyoherereza abakiliya indege 766.

Airbus igiye kureka gukoresha serivisi za Google z’ububiko bw’amakuru

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages