00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Agaciro ka SpaceX kageze kuri miliyari 350$

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 11 December 2024 saa 03:58
Yasuwe :

Agaciro k’ikigo SpaceX cy’umunyemari Elon Musk, kageze kuri miliyari 350$, nyuma y’aho imigabane yacyo yazamutse ku isoko ry’imari n’imigabane.

SpaceX yahoze yitwa Space Exploration Technologies Corp ifite ikoranabuhanga riyifasha kujyana ibyogajuru mu isanzure ndetse yakunze kuza mu myanya ya mbere mu zikomeye kuva yashingwa na Elon Musk mu 2001.

Mu mezi atatu ashize, umugabane umwe muri SpaceX wari ufite agaciro ka 112$, magingo aya karazamutse kagera kuri 185$. Ibi byahise bituma agaciro k’iki kigo ku isoko kazamuka kagera kuri miliyari 350$ nk’uko Forbes yabitangaje.

Izamuka ry’agaciro ka SpaceX ribaye nyuma y’igihe gito gishize Elon Musk nawe umutungo we wiyongereye, ugera kuri miliyari 355$, bimugira umunyemari wa mbere ku Isi ubashije kugeza kuri aya mafaranga.

Bivugwa ko kuba ubucuruzi n’ibindi bikorwa bya Elon Musk bikomeje gutumbagira mu gaciro, bifitanye isano n’amatora yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika aheruka kuba, aho Donald Trump ari we wayatsinze. Ibi byatumye abashoramari bashaka kungukira ku mubano mwiza wa Musk na Trump maze bashora imari muri sosiyete ze.

Agaciro ka SpaceX yohereza ibyogajuru mu isanzure kageze kuri miliyari 350$

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .