Nk’uko bimaze kuba umuco, ku nshuro ya cumi abana b’’ingagi 11 bazitwa amazina mu gikorwa giteganyijwe tariki 22 Kamena uyu mwaka kizabera i Kinigi mu ntara y’Amajyaruguru.
Nk’uko tubikesha itangazo ryaturutse mu Kigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB), iki gikorwa cyo Kwita Izina kirareba gusa abana b’ingagi baheruka kuvuka badafite amazina kugeza ubu.
Buri mwaka, RDB itumira Abanyarwanda n’inshuti zarwo mu gikorwa cyo Kwita Izina, aho abana b’ingagi baba baheruka kuvuka bahabwa amazina, uyu muhango ukabera mu nkengero za Pariki y’Ibirunga ihuriweho n’ibihugu bitatu birimo u Rwanda, Uganda na Congo Kinshasa.
Mu gice cy’u Rwanda honyine habarizwa kimwe cya kabiri cy’ingagi zo mu misozi 700 zisigaye ku isi.



















TANGA IGITEKEREZO