Ibi byatangajwe kuri uyu wa 10 Kanama 2025, umunsi mpuzamahanga wahariwe kwita ku buzima bw’Intare, bitangazwa na Pariki y’Akagera ibinyujije ku rubuga rwa X.
Iti “Hashize imyaka 10 Intare zongeye kugarurwa muri Pariki y’Igihugu y’Akagera kubera ko hari hashize imyaka 20 zitabarizwamo, zakomeje kororoka kubera ko kugeza ubu zimaze kugera kuri 62.”
Mu 2015, nibwo Guverinoma y’u Rwanda yakiriye Intare zirindwi, zirimo iz’ingore eshanu muri gahunda yo kugarura izi nyamaswa muri Pariki y’Igihugu y’Akagera.
Pariki y’Akagera yashinzwe mu 1934 ikaba ifite ubuso bwa kilometero kare 1.120, aho ibarizwamo zimwe mu nyamaswa zizwi cyane ku Isi zirimo Intare, Ingwe, Inzovu, Inkura n’Imbogo.
Umunsi mpuzamahanga wahariwe kwita ku buzima bw’Intare watangiye kwizihizwa mu 2013 mu rwego rwo gukomeza kubungabunga ubuzima bwazo, kumenya no kwita ku bibazo zihura nazo ndetse n’ibindi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!