00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hari gukorwa ubushakashatsi ku kamaro k’ibivumvuri byo muri Pariki y’Akagera

Yanditswe na Hakizimana Jean Paul
Kuya 3 December 2025 saa 05:57
Yasuwe :

Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu y’Akagera bwatangaje ko bwatangiye gukora ubushakashatsi ku bivumvuri bigaragara muri iyi pariki mu rwego rwo kumenya amoko yabyo ahari n’akamaro bifite.

Pariki y’Akagera ibamo inyamaswa n’udutoko birenga 11.300. Harimo udukoko byamaze kumenyekana ko tugira uruhare mu kurengera ibidukikije turimo amasazi n’ibinyugunyugu.

Umuyobozi ushinzwe imibanire myiza n’abafatanyabikorwa muri iyi pariki, Karinganire Jean Paul, yabwiye IGIHE ko kuva muri Werurwe 2023 batangiye ubushakashatsi bwo kumenya byisumbuyeho ubwoko bw’ibivumvuri buhari.

Yagize ati “Buri kwezi dukora ubushakashatsi bugamije kumenya ubwoko butandukanye bw’ibivumvuri. Twifashisha amase akoreshwa n’utu dusimba dutangaje. Impamvu ni uko ibivumvuri bifite uruhare rukomeye mu gusigasira ubuzima bw’ibidukikije.’’

Karinganire yavuze ko utu dusimba dutunzwe n’amase y’inyamaswa ari na yo dukoresha mu mirire n’aho tubyarira, kandi ko tugira uruhare mu gukwirakwiza ibitunga ubutaka burumbuka no kugabanya udukoko tubwangiza.

Ati “Nubwo ibivumvuri bifite akamaro kanini mu bidukikije, ntibirigwa bihagije mu bushakashatsi muri Pariki y’Akagera no mu Rwanda muri rusange. Ni yo mpamvu muri Werurwe 2023, ishami rishinzwe ubushakashatsi muri iyi pariki ryatangiye gukora ubushakashatsi bwa buri kwezi hashyirwaho imitego ahantu hatandatu hatandukanye bitewe n’imiterere y’ahantu, hifashishwa amase y’inyamaswa nk’inyemera, inzovu,imbogo n’izindi.’’

Ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera buvuga ko kugeza ubu hamaze kumenyekana ubwoko 68 bw’ibivumvuri mu gihe ubushakashatsi bukomeza gukorwa kugira ngo hamenyekane uko ibivumvuri bihinduka bitewe n’imihindagurikire y’ibihe.

Uretse ubwo ku bivumvuri, hari n’ubundi bushakashatsi ku dusimba buri gukorerwa muri Pariki y’Akagera harimo ubwo ku binyugunyugu n’imibu, bwose bugamije kumenye byinshi ku rusobe rw’ibinyabuzima.

Muri Pariki y'Akagera hamaze kuboneka ubwoko 68 bw'ibivumvuri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages