00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amajyepfo: Hegitari igihumbi zimaze guterwaho amashyamba mu mushinga Green Amayaga

Yanditswe na Igizeneza Jean Désiré
Kuya 6 May 2023 saa 10:29
Yasuwe :

Mu gihe cy’imyaka ibiri Umushinga Green Amayaga utangijwe mu turere tw’Intara y’Amajyepfo, hamaze guterwa amashyamba kuri hegitari 1000 n’ibiti bivangwa n’imyaka kuri hegitari ibihumbi 13 byatumye igice cy’Amayaga cyongera gutoha.

Green Amayaga ni umushinga uhuza ibikorwa bitandukanye bigamije kurengera ibidukijije no kurengera urusobe rw’ibinyabuzima. Watangiye mu Ukwakira 2020 mu turere tw’Amayaga turimo Nyanza, Ruhango, Kamonyi na Gisagara, aho watangiranye ingengo y’imari ya miliyari hafi 8 z’amafaranga y’u Rwanda.

Uyu mushinga wibanda ku bikorwa byo gutera amashyamba, gusazura ayari ahari, gutera ibiti bivangwa n’imyaka birimo iby’imbuto ziribwa, gukoresha ibicanwa bike binyuze mu gutanga imbabura zirondereza inkwi no gukangurira abaturage gukoresha gaz hagamijwe kurwanya imihindangurikire y’ibihe.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije, REMA, Kabera Juliet yavuze ko mu gihe Green Amayaga imaze itangijwe hamaze kugerwa intambwe ishimishije.

Mu gukangurira abantu n’ibigo gukoresha gaz haherewe ku bigo by’amashuri 20 ndetse byo byahawe gaz zo gutekesha hagamijwe kugabanya inkwi bakoresha bikajyana no gutanga imbabura mu baturage.

Ati “Ibyo byose iyo ubihurije hamwe bituma bya biti byatewe bikura hakagaruka umwuka mwiza, bigakurura imvura, bikarwanya isuri, ubutaka bukaguma aho buri aho kujyanwa n’amazi hagasigara ibiharabuge.”

Yagaragaje ko mu myaka ibiri ishize barimo basatira hegitari igihumbi ziteweho amashyamba, imbabura zimaze gutangwa ku ngo ibihumbi 21 n’ibiti bivangwa n’imyaka byatewe kuri kuri hegitari ibihumbi 13.

Ati “Urumva izo mbaraga tuzikomeje twatera intambwe ishimishije. Twatangiye kwagurira umushinga no mu bindi bice. Twatangiye kuganira n’abafatanyabikorwa tubereka ibyagezweho.”

Umuhinzi ufite ubutaka ahari gushyirwa mu bikorwa uyu mushinga, Kaberuka Daniel yagaragaje ko kuva watangira hari impinduka igaragara.

Ati “Urabona ufite ishyamba nk’iri ugashaka gushyira mu bikorwa undi mushinga, wajya muri banki ukaza ukerekana iri shyamba hanyuma bakaguha amafaranga kuko baba bizeye ko atazahera.”

Mukagakwaya Arlette, avuga ko mbere bataratera ibyo biti isuri yamanuraga ubutaka bwose ugasanga bwuzuye mu muhanda “ugasarura bike kuko ibindi byabaga byagiye.”

Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc, yabwiye abaturage ko bagomba gushyiraho akabo, bagashinga amashyirahamwe yo kwinaza ibiti, bakita ku byatewe n’ibindi bijyanye no kubungabunga ibikorwa bimaze kugerwaho.

Kuri ubu REMA igaragaza ko muri utwo turere tune umushinga ukoreramo hazatangwa imbabura 60.000 mu gihe cy’imyaka itandatu uzamara n’amatungo magufi ku miryango 7500 cyane ko ubuhinzi n’ubworozi bwuzuzanya.

Izo mbabura zizagira uruhare mu kugabanya toni hafi miliyoni eshanu z’imyuka ihumanye yoherezwa mu kirere.

Green Amayaga ni umushinga watumye uduce ukoreramo twongera gutohagira
Mu biti byatewe harimo ibivangwa n'imyaka, abaturage bavuga ko bibafatiye runini
Imwe mu misozi ihanamye yatezaga isuri yateweho amashyamba; abaturage bavuga ko kuri ubu ari ubukungu bukomeye bafite
Minisitiri w'Ibidukikije, Mujawamariya Jeanne d'Arc n'Umuyobozi Mukuru wa REMA n'itsinda bari kumwe ubwo basuraga bimwe mu bikorwa by'umushinga mu Karere ka Ruhango

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages