Rwatashywe ku wa 11 Nzeri 2025, Ruherereye mu Murenge wa Mata, mu Kagari ka Gorwe.
Umushinga w’uru ruganda watangiye mu 2017 haterwa icyayi mu mirima iri mu mirenge ya Munini, Kibeho na Mata.
Kubaka uruganda nyir’izina itangira mu 2022, rwuzura mu 2024, aho rwatangiye gukora muri Mata 2024.
Umwe mu bahinzi b’icyayi mu Karere ka Nyaruguru ukorana n’Uruganda rwa Kibeho, Mutungirehe Alexis, yavuze ko ubuhinzi bw’icyayi ari imari idahomba kandi itanga inyungu buri kwezi.
Yifashishije urugero, Mutungirehe yagaragaje uko mbere yo guhiga icyayi isambu ye yarimo ishyamba yakuragamo ibihumbi 800 Frw mu myaka itanu yaritemye.
Ati “Ubu bya bihumbi 800 Frw nsigaye mbibona mu mezi umanani gusa y’umwaka. Niteje imbere mfasha n’abandi kubona akazi. Ubu nkoresha abakozi 11.”
Umubyeyi w’abana batatu, Munezero Henriette, wabonye akazi muri uru ruganda, ati “Duhembwa neza, umubyeyi wabyaye abona ikiruhuko cy’amezi ane, akita ku mwana we, kandi anahembwa. Amafaranga nakuyemo yanteje imbere.”
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Cyubahiro Mark Bagabe yavuze ko uru ruganda rugaragaza imbaraga zo gushyira hamwe, aho Urwego rw’Abikorera (PSF), abaturage, Leta n’abashoramari bahuriza hamwe imbaraga zubaka igihugu.
Ati “Uyu munsi turizihiza intambwe imaze guterwa ariko turanizihiza icyizere cy’imikorere myiza iri imbere, iganisha ku iterambere ry’igihugu.’’
Minisitiri Dr. Cyubahiro, yakomeje avuga ko uyu mushinga uzarangira mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere, ukazasiga hubatswe urundi ruganda rw’icyayi mu Murenge wa Munini.
Ruzaba rufite ubushobozi bwo gutunganya toni 7.500 z’icyayi ku mwaka zizaba zije zisanga izindi 7.500 zizaba zitunganywa n’uruganda rwa Kibeho.
Kuri ubu, uru ruganda ruri gukora ku kigero cya 30% by’ubushobozi bwarwo kuko rutarabona umusaruro uhagije.
Ubu rutunganya icyayi gihinzwe ku buso bwa hegitari zisaga 3.000, mu gihe intego ari uguhinga hegitari zisaga 6.000 mu myaka 10 iri imbere.
Zihingwa n’abahinzi barenga ibihumbi icumi, ahazaba hasarurwamo icyayi cy’asaga miliyoni 45$.
Uru ruganda ruje ari urwa kane muri Nyaruguru, nyuma y’urwa Nshili-Kivu, Muganza-Kivu ndetse n’urwa Mata.
Imibare Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), yerekana ko myaka irindwi ishize icyayi cyinjirije u Rwanda miliyari 1.000 Frw.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!