00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Pariki yꞌAkagera izinjiza miliyoni 5,6$ mu 2025

Yanditswe na Rwibutso Mukazi Sabine
Kuya 1 June 2025 saa 08:49
Yasuwe :

Pariki y’Akagera yatangaje ko mu 2025 ifite intego yo kwinjiza miliyoni 5,6$ binyuze mu kongera umubare w’inyamaswa zikurura ba mukerarugendo.

Iyi Pariki ni imwe mu zimaze imyaka myinshi kandi ibitse urusobe rw’ibinyabuzima byinshi bikurura ba mukerarugendo benshi.

Umubare w’abasura Pariki y’Akagera wiyongereye cyane mu myaka irenga 10 ishize kuko mu 2010 batarengaga 15000 ariko mu 2024 bageze kuri 56,219.

Raporo ya 2024 y’ikigo African Park kigenzura iyi pariki igaragaza ko umusaruro wayo wageze kuri miliyoni 4,7$, ibigaragaza igabanyuka rya 3% ugereranyije n’ayo yari yinjije mu 2023.

Iri gabanyuka ryatewe ahanini n’ibyorezo bya Marburg na MPox byatumye hari ibikorwa mpuzamahanga byari biteganyijwe mu Rwanda bihagarikwa.

Iyi raporo igaragaza ko intego Pariki y’Akagera yihaye ari ukuzinjiza Inkura z’umweru 70, guhashya ibikorwa bibi by’abahiga inyamaswa zirimo no gukomeza kwita ku mibereho myiza n’ubukungu bw’abayituriye.

Ibi kandi bituma ivuga ko igomba kuzinjiza nibura miliyoni 5,6$ muri rusange mu mwaka wa 2025.

Pariki y’Akagera imaze imyaka 90 ndetse ni imwe mu zisurwa n’Abanyarwanda benshi kuko mu 2024, 45% by’abayisuye ni abaturarwanda.

Ubukerarugendo buhakorerwa bubyarira umusaruro abahaturiye kuko uretse 10% by’ayo bwinjije basaranganywa binyuze mu bikorwaremezo, banafashwa mu kwagura no kunoza imishinga yabo irimo uburobyi, ubuvumvu n’indi.

Parike y'Akagera iri mu zisurwa n'abantu benshi mu Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .