00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hagiye gushyirwaho sitasiyo zigenzura umwuka uhumekwa mu turere twose tw’u Rwanda

Yanditswe na Nshimiyimana Jean Baptiste
Kuya 12 January 2025 saa 09:00
Yasuwe :

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kwita ku bidukikije REMA, cyatangaje ko hagiye gushyirwaho sitasiyo zifashishwa mu gusuzuma umwuka uhumekwa muri buri karere ko wanduye, bikazakorwa bitarenze umwaka wa 2025.

REMA igaragaza ko ubu hari sitation 16 mu turere 13 tw’igihugu, hakazashyirwaho izindi 26 mu turere dusigaye twose mu gihugu.

Bigaragazwa ko hari “gukorwa igenzurwa ry’aho izi sitasiyo zizashyirwa kuko byagaragaye ko hari uturere tuzagira sitasiyo zirenze imwe, ariko buri karere kazagira ahantu hasuzumirwa umwuka uhumekwa bizatuma hagenda haboneka amakuru ya buri gihe bitarenze impera z’uyu mwaka.”

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS riteganya ko umwuka uhumekwa udakwiye kurenza impuzandengo ya 5µg/m3 bya PM2.5 [ni ukuvuga microgram 5 z’umwuka urimo ibinyabutabire nka sulfate, nitrate, ammonium, elemental carbon, organic carbon n’ibindi muri metero cube y’umwuka] mu gihe cy’umwaka.

Abahanga mu byerekeye kurengera ibidukikije bemeza ko kwandura k’umwuka bituruka kuri ‘Marticulate Matters’ zizwi nka PM2.5 na PM 10 na Monoxide de Carbone (Co) bituruka mu gikoni abantu batetse, mu binyabiziga bikoresha mazutu na lisansi, mu gutwika ibyatsi no mu bikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi.

Umukozi muri REMA, akaba n’Inzobere mu bikorwa byo kwita ku mwuka uhumekwa, Deborah Nibagwire yatangaje ko ubwiyongere bw’abantu mu mijyi n’ahandi hatandukanye byongereye ibikorwa bya muntu birushaho guhumanya umwuka uhumekwa.

Ati “Ibyo byangiza umwuka bigira ingaruka zikomeye ku buzima bwa muntu, zirimo gutera indwara z’umutima, iz’ibihaha, kanseri n’indwara zitandukanye zo mu myanya y’ubuhumekero.”

The New Times yanditse ko REMA igaragaza ko ibyanduza umwuka abantu bahumeka bitaragera ku rwego byagira ingaruka zikomeye ugereranyije n’ingamba igihugu cyashyizeho.

U Rwanda rufite intego yo kugabanya imyuka ihumanye yoherezwa mu kirere ku rugero rwa 38% kugeza mu 2030.

Depite Egide Nkuranga yatangaje ko hakenewe gushyirwa imbaraga nyinshi guhangana n’ibyanduza umwuka abantu bahumeka kuko bihangayikishije cyane.

Ati “Ubushakashatsi bwagaragaje ko moto, by’umwihariko izikoresha lisansi zikoreshwa cyane zohereza imyuka myinshi mu kirere.”

Mu Rwanda hose habarurwa moto zisaga ibihumbi 100 mu gihugu hose zirimo 46 000 zikoreshwa mu gutwara abantu n’ibintu, na zo zirimo 26 000 zibarizwa mu Mujyi wa Kigali. Muri izo harimo izikoresha amashanyarazi zirenga 6000.

Ni mu gihe imodoka zikoresha amashanyarazi cyangwa iza hybrid [zikoresha amashanyarazi na lisansi] zirenga 7000.

Mu bice bitandukanye by'Umujyi wa Kigali hari sitasiyo zigenzurirwamo umwuka uhumekwa, zigatanga amakuru ya buri munota

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .