00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hatoranyijwe abanyamideli bagiye gukorana na ‘WeBest Model Management’

Yanditswe na Peacemaker Pundit
Kuya 22 April 2024 saa 05:31
Yasuwe :

Sosiyete yitwa WeBest Model Management (WBM) yatoranyije abamurika imideli bashya basaga 32 bagiye gukorana na sosiyete mpuzamahanga.

Mu gikorwa cyo guhitamo abanyamideli hitabiriye abarenga 200 baturutse mu bihugu bitandukanye byo mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba nk’u Burundi, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Sudani y’Epfo.

Igikorwa cyo gutoranya abanyamideri bashya bagiye gukorana na We Best Model Management, cyabereye Kibagabaga ahitwa Sundays Art Hub mu ku wa 20 Mata 2024.

Abanyempano bitabiriye batambukaga imbere y’abari bashinzwe kureba abujuje ibisabwa birimo uburebure, gutambuka neza, ingano, isura n’ikigero cy’imyaka.

Umuyobozi wa WeBest Model Management, Kabano Franco yabwiye IGIHE ko yaherukaga gutoranya abanyempano mbere y’ibihe bidasanzwe bya Covi-19.

Bivuze ko hari hashize imyaka ine nta mahirwe ahabwa abanyamideli bafite inzozi zo gutungwa no kumurika imideli ku ruhando mpuzamahanga.

Yanasobanuye ko abatoranyijwe barebye ibintu bitandukanye ariko nyuma hazabaho amahugurwa ku buryo bagira ubumenyi bukenewe ku isoko mpuzamahanga.

Ati “Twabonye umubare munini w’abarenga 200 ariko abo twari dukeneye ni 14, babita abamurika imideli hakaba n’abandi 18 nabo tuzakorana nabo nibabasha kunanuka, gukora uruhu neza no gutambuka neza tuzabatoza tubungure ubumenyi, ariko tuzabigisha bave mu cyiciro cya mbere. Bose hamwe twabonye abanyamideri 32.”

Kabano Franco yasobanuye ko iyo bamaze guhitamo abanyempano bashya hakurikiraho kubigisha, ababashije kugera ku rwego rukenewe bagahabwa amasezerano y’imikoranire noneho hagakurikiraho kubashakira sosiyete mpuzamahanga bakorana nazo ku buryo bisanga muri za Paris Fashion Week, Milan Fashion Week, London Fashion Week na New York Fashion Week.

Byari ibyishimo ku babashije gutoranywa bagiye gukorana na WeBest Model Management kuko bagiye gukabya inzozi zabo.

Uwase Angel ni umukobwa w’urubavu ruto n’imyaka 18 y’amavuko. Amaze umwaka umwe yitoza kumurika imideli. Yaje mu batambutse.

Yagize ati “Narimfite ubwoba, nashatse kubireka kuko nta cyizere nari nifitiye cyo gutambuka ariko Imana irabikoze”.

Ni umukobwa ufite inzozi zo kuba umunyamideli ku rwego mpuzamahanga akazatungwa n’ibyo kumurika imideli.

Uwitwa Ariela Dawn Tendo nawe ari muri 32 batambutse mu ijonjora. Yabwiye IGIHE ko yifuza guhagararira u Rwanda ku ruhando mpuzamahanga.

Ati “Njyewe ndiyizera kandi ibintu ngiyemo mba mbirimo wese, mfite inzozi zo kwerekana u Rwanda ku Isi kandi abanyamideli bitwara neza ku ruhando mpuzamahanga, ababyeyi baranshyigikira cyane kuko bampa umwanya nkajya kwitoza.”

WeBest Model Management imaze igihe yihariye isoko ryo kohereza abanyamideli mu birori mpuzamahanga nka Milan Fashion Week, Paris Fashion Week, London Fashion na New York Fashion Week.

Sara Cynthia na Kabano Franco bagize uruhare mu iterambere ry'imideli mu Rwanda
Uwase Angel yabashije gukomeza mu batoranyijwe
WeBest Model Management yaherukaga gutoranya abanyamideli mbere ya Covid-19
Uburebure ni ingenzi ku munyamideli
Hitabiriye abarenga 200 hakurwamo 32
Ariela Dawn Tendo amaze umwaka umwe yitoza kumurika imideli
Benshi mu batoranyijwe mu minsi iri imbere bazatangira kwisanga mu mijyi ikomeye ku Isi nka New York, hamwe mu habera New York Fashion Week iza imbere mu birori by'imideli
Benshi mu batoranyijwe bafite urubavu ruto
Bamwe muri 32 bagiye kwigishwa kuba abanyamideli b’umwuga
Nyuma yo gutambuka ijonjora, aba banyamideli bahabwa ubumenyi bwisumbuye bagashakirwa ibyangombwa ubundi bagahuzwa n'ibigo mpuzamahanga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .