Kuri uyu wa 2 Ugushyingo , ahitwa Cité Universitaire de Louvain La Neuve, Place de l’Hocaille 1 ho mu Bubiligi, guhera saa yine z’amanywa (10h), hazizihirizwa isabukuru y’imyaka 50 Kaminuza Nkuru y’u Rwanda imaze ishinzwe.
Ibi birori bizagaragaramo uwahoze ari Perezida w’u Burundi, Sylvestre Ntibantunganya, umuyobozi wa Kaminuza Gatolika y’i Louvain n’abandi.
Kuri uyu munsi kandi hazerekanwa Filimi (Documentary) yakorewe mu Rwanda ku mateka ya UNR, hakaba hazagaragaramo bamwe mubayobozi bakuru b’igihugu bize muri Kaminuza y’u Rwanda (UNR) nka Dr Ntabomvura Venant (umunyeshuri wa mbere w’Umunyarwanda wiyandikishije muri Kaminuza), Dr Ntawukuriryayo Jean Damascene (Prezida wa Sena), Deo Kambanda, Dr Safari Bonfils, Prof Nkusi Laurent, Hon Mukasine Marie Claire n’abandi.
Kaminuza Nkuru y’u Rwanda yashinzwe kuwa 2 Ugushyingo 1963. Uretse mu Bubiligi, biteganijwe ko no muri Canada hazabera ibirori nk’ibi byo kwizihiza iyi saburukuru.



















TANGA IGITEKEREZO