00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Suède: Abanyarwanda n’inshuti zabo bishimiye ibyagezweho mu guteza imbere abagore

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 17 March 2024 saa 01:17
Yasuwe :

Abanyarwanda batuye muri Suède n’inshuti zabo zo muri icyo gihugu bizihije Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore, bishimira ibyagezweho n’ibihugu byombi mu kwimakaza ihame ry’uburinganire.

Ni umuhango wabaye ku itariki 16 Werurwe 2024. Wateguwe n’Ishyirahamwe ry’Abanyarwandakazi batuye muri Suède (RWASS) ku bufatanye na Ambasade y’u Rwanda muri icyo gihugu.

Witabiriwe n’abasaga 400 biganjemo Abanyarwanda n’inshuti zabo batuye muri Suède n’abandi baturutse mu bindi bihugu birimo Finland, Norvège, Denmark, u Bwongereza, u Bubiligi n’u Bufaransa.

Harimo kandi abandi bahagarariye ibihugu byabo muri Suède. Hagaragajwe imibare yerekana aho u Rwanda rugeze mu kubahiriza uburinganire mu nzego zinyuranye harimo ikoranabuhanga n’uburyo Abanyarwandakazi bari ku isonga muri izo nzego.

Intumwa ya Ministeri y’Ububanyi n’Amahanga ya Suède, Anna- Maria Olsson, yagaragaje ko hari byinshi u Rwanda na Suède bihuriyeho mu guteza imbere ihame ry’uburinganire bigaragazwa n’imibare itangwa ku ruhando mpuzamahanga, aho ibyo bihugu byombi akenshi biza mu myanya y’imbere ku Isi.

Uwahoze ayungirije Umunyamabanga Mukuru wa Loni ndetse wanabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Suède, Jan Eliasson yagejeje ijambo ku bari aho hakoreshejwe uburyo bw’iyakure.

Jan Eliasson yavuze ko u Rwanda ari Igihugu cyagaragaje ubudasa mu kubahiriza ihame ry’uburinganire bijyana no kwihuta mu iterambere ndetse ashima Perezida Paul Kagame ku ruhare rwe ntagereranwa muri urwo rugendo.

Dr Gashumba Diane uhagarariye u Rwanda mu bihugu by’ u Burayi bw’ Amajyaruguru na Mukashema Francine uyobora RWASS bahurije ku kwerekana uruhare rw’imiyoborere myiza mu Rwanda mu kuzamura umugore nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Bagaragaje ko mu Rwanda abagore amahirwe angana n’ay’umugabo mu nzego zinyuranye haba mu burezi, ubuzima, ubukungu ndetse no kujya mu nzego zifata ibyemezo.

Basabye Abanyarwanda bari muri Suède gukomeza kugira uruhare mu kubaka umuryango Nyarwanda urangwa n’indangagaciro za Kinyarwanda, gukomeza kwiyubaka mu iterambere ndetse ntibibagirwe n’Igihugu cyabo.

Uwo muhango kandi witabiriwe n’abarimo Dusine Nathalie wari uhagarariye Banki ya Kigali, Rwabukumba Céléstin wari uhagarariye Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda aho bo bashishikarije Abanyarwanda batuye mu mahanga gukorana n’ibigo by’imari by’imbere mu gihugu, kuhashora imari ndetse banabagaragariza umwihariko wa serivise n’amahirwe bibagenewe mu gihe bakoranye n’Urwababyaye.

Anna- Maria Olsson wahagarariye Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Suède muri uyu muhango
Reuben Mugisha wa KTH University, Nathalie Dusine wa BK, Rwabukumba Pierre Celestin, uyobora Rwanda Stock Exchange n’abanyeshuri ba Kungsholmen bavuye mu rugendoshuri mu Rwanda, bari mu batanze ikiganiro
Åsa Jarskog, Ambasaderi Diane Gashumba, Cecilia Wikstrom Uyobora inama y’Ubutegetsi ya Elekta Foundation, Uhagarariye Internation Vaccine Institute n’uhagarariye Operation Smile, bari muri uyu muhango
Abanyamideli bakomoka muri Maroc bifatanyije n’abagore b’Abanyarwanda batuye Suède
Itorero Amasimbi
Francine Mukashema uyobora abagore b’Abanyarwanda baba muri Suède

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .