Kaminuza ya Jagellonne iri hafi y’umupaka wa Pologne na Repubulika ya Tchèque, ni imwe mu zikomeye ku mugabane w’u Burayi.
Iki gikorwa cyaranzwe n’ibiganiro (panel) byibanze ku Rwanda, biteguwe mu rwego rwa Kongere y’impuguke kuri Afurika izwi nka Polish African society.
Ibi biganiro byatanzwe na Prof. Margee Ensign n’impuguke zitandukanye zanditse byinshi ku mateka y’u Rwanda.
Abayobozi ba za Kaminuza bitabiriye iki gikorwa baganiriye na IGIHE, bashima uburyo Ambasade y u Rwanda, ariyo ya mbere ishyira uburezi imbere mu mu kazi kayo k’ububanyi n’amahanga.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Pologne, Shyaka Anastase yabwiye IGIHE ko bashimishijwe no kwitabira ibi biganiro bisobanura amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yagize ati “Twishimiye cyane kwitabira iyi nama rimwe mu myaka itatu y’impuguke kuri Afurika. Baratwegereye nk’u Rwanda ngo dufatanye. Twitabira inama nyinshi mu bijyanye na Politiki n’ibindi, ariko iyi yo twashatse ko tuvuga ku mateka ya jenoside yakorewe Abatutsi n’urugendo u Rwanda rwakoze muri iyi myaka 30 nyuma y’aho ihagarikiwe n’ingabo za FPR-Inkotanyi.”
Yakomeje agira ati “Byadufashije rero kujya imbere y’impuguke zitandukanye zari ziteraniye muri iyi Kaminuza harimo Abarimu, abayobozi ba za Kaminuza zitandukanye, abashakashatsi, bamwe mu abayobozi bakuru hano, Abanyamakuru, abanditsi, Abahanzi, abanyeshuri n’abandi.”
Prof Shyaka yagarutse ku kiganiro cyatanzwe na Prof. Margee Ensign wakoze ubushakashatsi bugaragaza aho u Rwanda rwavuye n’aho rugeze mu iterambere.
Ati “Ni ibintu nk’amabasaderi byanejeje kwicara ukumva Umwarimu akaba n’umuyobozi wayoboye Kaminuza zitandukanye yigisha u Rwanda uko ruri imbere y’impuguke nk’izi.”
Prof. Margee Ensign yabwiye IGIHE ko anezezwa n’uburyo rwabashije kwivana mu ngaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi, ubu akaba ari igihugu gitekanye kandi gitera imbere, bigizwemo uruhare n’ubuyobozi bwiza.
Ati “ Nyuma y’imyaka 30 Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye, abantu bakwiye kubitekerezaho cyane kugira ngo imvugo ntibizongere kubaho ukundi ibe impamo.”
“Iyi myaka 30 kandi sinabura kuvuga ngo twishimire ubuyobozi bwiza u Rwanda rwagize rukaba rumaze kuba urugero umuntu yarangira ibindi bihugu. Hari byinshi umuntu yavuga ku iterambere n’ubuyobozi bushyira umuturage imbere no gukorera igihugu ku buryo bugaragarira buri wese.”
Yavuze ko umwihariko w’ubuyobozi bw’u Rwanda ari uburyo bwahaye igihugu icyerecyezo, bigaherekezwa n’ibikorwa bigamije kugera kuri icyo cyerecyezo nko guteza imbere uburinganire, imiyoborere myiza n’ibindi.
Muri Kaminuza ya Jagellonne muri Cracovie habereye ibiganiro ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi
Muri Kaminuza ya Jagellonne iherereye mu mujyi wa Cracovie, mu Majyepfo ya Pologne, habereye igikorwa cyo Kwibuka n’ibiganiro bigaruka ku mateka yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi nyuma y’imya 30 ihagaritswe na FPR Inkotanyi.
Kaminuza ya Jagellonne iri hafi y’umupaka wa Pologne na Repubulika ya Tchèque, ni imwe mu zikomeye ku mugabane w’u Burayi.
Iki gikorwa cyaranzwe n’ibiganiro (panel) byibanze ku Rwanda, biteguwe mu rwego rwa Kongere y’impuguke kuri Afurika izwi nka Polish African society.
Ibi biganiro byatanzwe na Prof. Margee Ensign n’impuguke zitandukanye zanditse byinshi ku mateka y’u Rwanda.
IGIHE interviewed Prof. Margee Ensign about her presentation at the Jagiellonian University in Krakow:
Her response:
"Thirty years after the genocide against the Tutsi, we should reflect.Similarly, we should also celebrate thirty years of significant and enormous progress made… pic.twitter.com/s6k9Wa18RH
— IGIHE (@IGIHE) May 25, 2024
Ikiganiro IGIHE yagiranye na Amb. Prof. Shyaka Anastase nyuma y’igikorwa cy'ibiganiro byagarutse ku mateka y’u Rwanda cyane mu myaka 30 Jenoside yakorewe Abatutsi imaze ihagaritswe.
Iki gikorwa cyabereye muri Kaminuza ya Jagellonne ihereye mu Mujyi wa Cracovie tariki 24… pic.twitter.com/MEwXRNO4XE
— IGIHE (@IGIHE) May 25, 2024
Amafoto yaranze umunsi wa tariki 23 Gicurasi ubwo hafungurwaga iyi kongere
![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
Amafoto yaranze umunsi wa tariki 24 Gicurasi ubwo u Rwanda rwahabwaga umwanya muri iyi kongere
Prof. Dr Hab. Robert Klosowicz, Umuyobozi w'Ikigo Jagiellonian Centre for African Studies
Prof Shyaka yashimishijwe no kuba ibi biganiro byaribanze ku mateka y'u Rwanda
Umunyamakuru Konstantego Geberta atanga ikiganiro
Prof. Dr. Margee Ensign, Perezida wa American University in Bulgaria (AUBG)![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
Umunyeshuri Brother Anderson Mwiza, yagize umwanya wo kuvuga igice cyo mu ikinamico (Théatre) ivuga amateka ya jenoside yakorewe Abatutsi, yiswe ‘Essuie tes larmes et tiens-toi debout’ yanditswe na Rurangwa Jean-Marie Vianney![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
![]()
Ikiganiro IGIHE yagiranye na Amb. Prof. Shyaka Anastase nyuma y’igikorwa cy'ibiganiro byagarutse ku mateka y’u Rwanda cyane mu myaka 30 Jenoside yakorewe Abatutsi imaze ihagaritswe.
Iki gikorwa cyabereye muri Kaminuza ya Jagellonne ihereye mu Mujyi wa Cracovie tariki 24… pic.twitter.com/MEwXRNO4XE
— IGIHE (@IGIHE) May 25, 2024
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!