Nsanzimana yari yatorewe mu Nteko Rusange isanzwe yateraniye i Paris ku wa 8 Gashyantare 2020, aho yari asimbuye na none Dr Kabanda Marcel.
Umuyobozi mushya wa IBUKA France ifite icyicaro i Paris yemerejwe mu Nteko Rusange isanzwe yateraniye i Paris ku wa 18 Gashyantare 2023, nkuko biteganywa n’amategeko.
Iyi nteko yagaragarijwemo ibikorwa byakozwe guhera mu 2020, byemejwe binatorwa ku bwiganze bw’abayitabiriye.
Inteko rusange yemeje Dr Kabanda Marcel ku mwanya wa Perezida, Visi Perezida aba Jeanne Kayigirwa Allaire, Ngaruye Ildephonse yongeye kugirwa Umunyamabanga Mukuru, Serge Sugira Mutsinzi yatorewe kuba Umunyamabanga wungirije mu gihe Olivier Gatera yatorewe kuba Umubitsi wungirijwe na Delphine Umwigeme.
Uyu Muryango Ibuka-France uhuje ibikorwa n’indi ikorera hirya no hino ku Isi nka Ibuka-Belgique, Ibuka-Suisse, Ibuka-Italie, Ibuka-Hollande, Ibuka-Danamrk, Ibuka-Deutschland, Ibuka-USA, Ibuka-Sénégal na Ibuka-Suède.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!