00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Farious yitezwe mu bitaramo i Kigali n’i Rubavu

Yanditswe na
Kuya 18 September 2013 saa 11:27
Yasuwe :

Umuhanzi Big Farious (Fizzo), ukunzwe cyane mu Burundi, wamamaye mu Rwanda no mu karere ka Afurika y’i Burasirazuba ku ndirimbo “Niwonyemera”, “Mporeza Umwana”, “Baza” yaririmbanye na Tom Close n’izindi avuga ko bimukundiye yaza gukorera ibitaramo i Kigali n’i Rubavu, mu gihe abari kubitegura bakwemeranya nawe neza.
Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Farious, ubusazwe witwa Désiré Mugani, yavuze ko ibi bitaramo biteganijwe mu byumweru bitatu biri imbere. Gusa avuga ko ataramenya amatariki (…)

Umuhanzi Big Farious (Fizzo), ukunzwe cyane mu Burundi, wamamaye mu Rwanda no mu karere ka Afurika y’i Burasirazuba ku ndirimbo “Niwonyemera”, “Mporeza Umwana”, “Baza” yaririmbanye na Tom Close n’izindi avuga ko bimukundiye yaza gukorera ibitaramo i Kigali n’i Rubavu, mu gihe abari kubitegura bakwemeranya nawe neza.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Farious, ubusazwe witwa Désiré Mugani, yavuze ko ibi bitaramo biteganijwe mu byumweru bitatu biri imbere. Gusa avuga ko ataramenya amatariki neza, ko agitegereje ko hari ibyo yumvikanaho n’abo bari kubitegurana mu Rwanda akabona gutaranga amatariki ahamye.

Umuhanzi Big Fizzo ukunzwe cyane mu Burundi

Yagize ati “Bishobotse, bishobotse, ndashobora kuza kugira igitaramo i Kigali na Gisenyi, nta tariki turamenya kuko hari abantu turiko turaganira hariya, bambwiye ko baza kumpa inyishu (igisubizo) kandi muzoca mubimenya”.

Big Farious ari gutegura gushyira hanze Album ye ya kabiri yise “Burundiano” yiganjeho indirimbo uyu muhazi ari kurapa. Muri iyi minsi arabica bigacika mu Burundi cyane cyane mu ndirimbo “Baju”, “Ndakumisinze”, “Nakulove”, “Go Hard” n’izindi.

Indirimbo “Bajou” ya Farious ikunzwe cyane muri iki gihe:


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages