Umuhanzi Big Farious (Fizzo), ukunzwe cyane mu Burundi, wamamaye mu Rwanda no mu karere ka Afurika y’i Burasirazuba ku ndirimbo “Niwonyemera”, “Mporeza Umwana”, “Baza” yaririmbanye na Tom Close n’izindi avuga ko bimukundiye yaza gukorera ibitaramo i Kigali n’i Rubavu, mu gihe abari kubitegura bakwemeranya nawe neza.
Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Farious, ubusazwe witwa Désiré Mugani, yavuze ko ibi bitaramo biteganijwe mu byumweru bitatu biri imbere. Gusa avuga ko ataramenya amatariki neza, ko agitegereje ko hari ibyo yumvikanaho n’abo bari kubitegurana mu Rwanda akabona gutaranga amatariki ahamye.
Yagize ati “Bishobotse, bishobotse, ndashobora kuza kugira igitaramo i Kigali na Gisenyi, nta tariki turamenya kuko hari abantu turiko turaganira hariya, bambwiye ko baza kumpa inyishu (igisubizo) kandi muzoca mubimenya”.
Big Farious ari gutegura gushyira hanze Album ye ya kabiri yise “Burundiano” yiganjeho indirimbo uyu muhazi ari kurapa. Muri iyi minsi arabica bigacika mu Burundi cyane cyane mu ndirimbo “Baju”, “Ndakumisinze”, “Nakulove”, “Go Hard” n’izindi.
Indirimbo “Bajou” ya Farious ikunzwe cyane muri iki gihe:



















TANGA IGITEKEREZO