Jenoside yakorewe Abatutsi yemejwe n’Umuryango w’Abibumbye ndetse ugena tariki ya 7 Mata buri mwaka nk’umunsi mpuzamahanga wo kuyibuka.
Amb Olivier Nduhungirehe yagaragarije abari bitabiriye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi ko yateguwe na Leta y’Abahezanguni, ikorwa n’Abanyarwanda bayikorera abandi Banyarwanda.
Ati “Iyi jenoside yashobotse kubera gutsindwa k’umuryango mpuzamahanga, by’umwihariko umuryango w’Abibumbye hamwe n’ibihugu by’ibihangange byo mu burengerazuba bw’Isi byari bifitanye amateka n’isano mu by’ubukungu n’u Rwanda.”
Yagaragaje ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi ibihugu bitandukanye n’umuryango w’Abibumye bageze mu Rwanda bakemera uruhare rwabo ndetse basaba imbabazi mu buryo bumwe cyangwa ubundi.
Amb Nduhungirehe yanavuze ko hari inzibutso nyinshi zubatswe mu Rwanda harimo enye zashyizwe mu murage w’Isi.
Yashimye ibihugu by’i Burayi na Amerika y’Amajyaruguru byemeye kubaka inzibutso zo guha agaciro Abatutsi barenga miliyoni bishwe bazira uko baremwe. Ibi bihugu birimo u Bufaransa, u Bubiligi, u Bwongereza, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada, u Busuwisi, u Butaliyani, u Buholandi n’u Budage.
Amb Nduhungirehe kandi yasabye ko ibihugu by’I Burayi bikwiye gufasha gushyiraho inzibutso mu bihugu byabo
Ati “Uretse ni gushyiraho inzibutso, nk’uko byasabwe n’umwanzuro w’Inama rusange ya Loni, twumva byaba ari ingenzi kuri Lithuania ariko no mu bihugu bindi kwinjiza mu nteganyanyigisho zanyu amasomo yerekeye Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu by’ukuri twabonye ko mu bihugu bitandukanye by’umwihariko i Burayi abakiri bato nta makuru bafite kuri iki cyago.”
“Tubona rero uko Jenoside yakorewe Abayahudi yigishwa mu mashuri ni na ko bikwiye kumera kuri Jenoside zose zemewe n’umuryango mbuzamahanga by’umwihariko Jenoside yakorewe Abatutsi.”
Ibikorwa byo kwibuka byatangie kuwa 7 Mata 2024 bikazasozwa ku wa 3 Nyakanga 2024
















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!