Ni ingingo Amb. Dushimimana yagarutseho ku wa 12 Nyakanga 2025, ubwo Abanyarwanda baba mu Buholandi n’inshuti zabo bizihizaga Kwibohora k’u Rwanda ku nshuro ya 31.
Ni umuhango wabaye nyuma y’aho Amb. Dushimimana Lambert yashyikirije Umwami Willem-Alexander kopi z’impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda mu Bwami bw’u Buholandi tariki ya 18 Kamena 2025.
Ku wa 4 Nyakanga 2025, Amb. Dushimimana yakiriye abahagarariye ibindi bihugu, imiryango mpuzamahanga ndetse n’Abanyarwanda bahagarariye amashyirahamwe atandukanye bahuriramo, bafatanya kwizihiza kwibohora k’u Rwanda ku nshuro ya 31.
Tariki 12 Nyakanga 2025, wari umunsi wahariwe noneho kwizihiza iyi sabukuru y’imyaka 31 u Rwanda rwibohoye, ndetse Amb. Dushimimana aganira bwa mbere n’Abanyarwanda n’inshuti zabo baturutse hirya no hino mu Buholandi ndetse no mu bihugu baturanye.
Mu ijambo rye, Amb. Dushimimana yatangiye abwira abitabiriye uwo munsi ko kwibohora k’u Rwanda bifite igisobanuro gikomeye gishingiye ku ntambwe rumaze gutera uyu munsi ndetse ko ibi bishimangirwa n’ababaye mu bihe byombi byaruranze.
Ati “Ababaye muri Leta zombi iya kera n’iy’ubu ni bo bashobora kwerekana itandukanyirizo neza. Mu kwibohora tuba tuzirakana ko Jenoside yakorewe Abatutsi yahagaritswe itihagaritse. Ibyo bituma duhora twibuka abasore n’inkumi, abakuru n’abato bitanze bamwe bakahasiga n’ubuzima, abandi baramugara.”
Amb. Dushimimana yongeyeho ko uko kubohora Igihugu ari ko kubakiyeho intambwe yose kimaze gutera, asaba buri Munyarwanda aho ari kubigiramo uruhare.
Yagarutse kandi ku rubyiruko, asaba ababyeyi gufata inshingano ikomeye cyane yo kurutoza gukunda no kumenya u Rwanda kugira ngo bazaruhorane kandi bagire uruhare mu iterambere ryarwo.
Ati “Nubwo ababyeyi bafite ishyaka ryo kubaka u Rwanda ariko bakwiye kwibaza bati ese umunsi tuzaba tutakibishoboye cyangwa tutagihari abana bafite iryo shyaka bazarikurana?”
“Ese tubarera tubatoza iryo shyaka ryo gukomeza kumva ko u Rwanda ari urwabo?. Umwana ashobora kuba atuye mu Buholandi anafite ubwenegihugu bwaho ariko afite amaraso y’Umunyarwanda.”
Dushimimana kandi yaboneyeho gusaba abitabiriye uwo munsi kwambarira urugamba mu kugaragaza ukuri kw’amateka y’u Rwanda mu guca intege abayagoreka uko bishakiye.
Ati “Turabasaba kumenya kurwana urugamba rutari urw’intwaro, niba hari abatuvuga nabi twe dukora iki ngo tugaragaze ibyiza by’u Rwanda. Akenshi usanga abo batuvuga nabi bavuga ibinyoma twebwe icyo dukora ngo ukuri kugaragare ni ikihe? Abantu ntibakwiye kubwirwa ibintu bitari byo ngo babifate gutyo kubera ko nta muntu wababwiye ukuri kw’ibihari.”
Iki gikorwa cyo kwizihiza imyaka 31 ishize u Rwanda rwibohoye cyasojwe n’ubusabane.
Amafoto yaranze tariki ya 4 Nyakanga, umunsi nyirizina wizihijweho Kwibohora31 mu Buholandi
Amafoto: Emmy Uwimana



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!