Iri siganwa ryabaga ku nshuro ya 39, ryasize amateka ku ruhande rw’Abanyarwanda bishyize hamwe muri DRB-Rugari barikinnye nk’ikipe imwe ariko mu bihe bitandukanye nk’umuntu ku giti, Abanyarwanda bakaba baragiye baryitabira.
Mu kiganiro Bazambanza Gilles uyobora Diaspora Nyarwanda mu Bubiligi yagiranye na IGIHE, yavuze ko ari iby’agaciro kubona Abanyarwanda bishyira hamwe bagahura n’abandi bantu mu bikorwa bya siporo kuko bibafasha kugaragaza isura nziza y’igihugu cyabo.
Yagize ati ‘‘Guhura n’abandi mu rwego rwa siporo ni byiza cyane bituma tumenyana kandi tunakora siporo. Akarusho ni uko twari twambaye n’ibirango by’igihugu cyacu mu rwego rwo kwerekana ko duhari nk’Abanyarwanda. Nk’uko iri siganwa ari ngarukamwaka, twiyemeje ko tuzakomeza kuryitabira tugaragaza isura y’aho duturuka mu ruhando rw’amahanga.’’
Umuyobozi wa DRB-Rugari i Bruxelles, Mabenga Jean Pierre, uri no mu bagize uruhare runini mu gutegura iki gikorwa yashimye uko Abanyarwanda bitwaye anasaba ibigo byo mu Rwanda bifite amashami muri uyu mujyi kujya byitabira ibikorwa nk’ibi kugira ngo bigaragaze ibyo bikora.
Yagize ati ‘‘Isiganwa rya 20Km de Bruxelles ni irembo, ni ihuriro ry’abantu benshi, ni ikintu gikomeye ko natwe nk’Abanyarwanda tuhagaragara, tukereka amahanga ko duhari, tukaganira n’abandi mu gikorwa nk’iki guhuza ibihumbi n’ibihumbi by’abantu.’’
Yongeyeho ati ‘‘Ndahamagarira ibigo nka RwandAir n’ibindi bifite amashami hano ko bajya babyitabira tukagaragaza isura y’u Rwanda rw’uyu munsi ku buryo nk’ubu kurushaho.’’
Iri siganwa ryegukanywe n’Umufaransa, Hassan Chahdi wakoresheje 1:02:56, akurikirwa n’Ababiligi Dely Arnaud, Van Droogenbroeck Lander, Nagaho Eebbisa Fira Ool na Clais François.
Usibye abasiganwa nk’ababigize umwuga, uwitabiriye iri siganwa ahabwa umudali w’ishimwe.
20 km de Bruxelles ni isiganwa rifite amateka akomeye, ryatangiye tariki ya 8 Kamena 1980 rikitabirwa n’abantu 4.659 umubare ugenda wiyongera kuri ubu ukaba ugeze ku basaga ibihumbi 38.000 bari biyandikishije uyu mwaka.
Ni igikorwa cyitabirwa n’ibice byose byo mu Bubiligi nta vangura hakazamo ingabo z’igihugu, Polisi, sosiyete zitandukanye n’abandi bashaka kumenyekanisha ibyo bakora, uyu mwaka kikaba cyaratangijwe ku mugaragaro na Minisitiri w’Intebe w’u Bubiligi, Charles Yves Jean Ghislaine Michel.
Amafoto: Karirima A. Ngarambe na Rutayisire Jessica



















TANGA IGITEKEREZO