Ambasaderi Festus Bizimana uhagarariye u Rwanda muri Sénégal yabakiriye ku wa 9 Ukuboza 2025, abizeza ubufatanye bwa hafi igihe cyose bazaba bari muri iki gihugu.
Yabasabye gukomeza guhesha u Rwanda ishema no kurushaho kurumenyekanisha binyuze mu musaruro bagiye kumurika.
Aba bacuruzi kandi baganiriye ku ngamba zo kumenyekanisha ibikorerwa mu Rwanda no kubishakira amasoko yagutse muri Sénégal no mu karere iherereyemo
Ba rwiyemezamirimo bitabiriye imurikagurisha rya FIDAK biganjemo abatunganya umusaruro ukomoka ku buhinzi nka kawa, icyayi, urusenda, macadamia, abatunganya impu, akakora ubukorikori butandukanye n’abakora ubucuruzi bw’imyambaro.
Immaculée Kanyange ushinzwe guteza imbere abacuruzi bato n’abaciriritse yatangaje ko kwitabira imurikagurisha rya FIDAK ari amahirwe akomeye yo kumenyekanisha ibikorerwa mu gihugu, no kubishakira amasoko hanze y’u Rwanda.
Ubwo iri murikagurisha ryabaga mu mwaka ushize wa 2024, u Rwanda rwari rwaritumiwemo nk’umutumirwa w’icyubahiro.
Kugeza uyu munsi bimwe mu bicuruzwa biturutse mu Rwanda cyane cyane kawa, biboneka i Dakar.
Ambasaderi Festus Bizimana yabijeje ko hazongerwamo imbaraga ku buryo ibicuruzwa bituruka mu Rwanda nka kawa y’u Rwanda bizarushaho kuba byinshi.
Imurikagurisha mpuzamahanga rya FIDAK ryafunguwe ku mugaragaro ku wa 9 Ukuboza rikazasozwa ku wa 31 Ukoboza 2025.
Imurikagurisha mpuzamahanga rya FIDAK ryafunguwe ku mugaragaro ku wa 9 Ukuboza rikazasozwa ku wa 31 Ukoboza 2025.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!