00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

New Delhi: Umunsi Mukuru wo Kwibohora wahuriranye no kwizihiza imyaka 25 y’umubano w’u Rwanda n’u Buhinde

Yanditswe na IGIHE
Kuya 13 July 2025 saa 11:49
Yasuwe :

Abanyarwanda batuye mu Buhinde, inshuti zabo, Abayobozi Bakuru mu Nzego za Leta y’u Buhinde, Abahagarariye Ibihugu bisaga 120 mu Buhinde, Ba Rwiyemezamirimo, Abarimu muri za Kaminuza , Itangazamakuru na Sosiyete Sivile, bahuriye mu birori byo kwizihiza Umunsi Mukuru wo Kwibohora ku nshuro ya 31, ndetse n’imyaka 25 y’umubano w’u Rwanda n’u Buhinde.

Ibi birori byateguwe na Ambasade y’u Rwanda i New Delhi, byabaye kuwa 7 Nyakanga 2025, byitabiriwe n’abasaga 1000, aho mu bafashe ijambo harimo Vivek Kohli, Umuyobozi Mukuru wa Stag Global Private Limited na Yash Pal Sachar, Visi Perezida mu kigo cya Ashok Leyland, basangije abari bateraniye aho amahirwe u Rwanda rutanga mu ishoramari n’ubukerarugendo, ndetse n’iterambere ryihuse Igihugu cyagezeho.

Ambasaderi w’u Rwanda mu Buhinde, Jacqueline Mukangira, yashimye umubano uhamye w’u Rwanda n’u Buhinde, wagiye ushimangirwa n’ingendo z’Abayobozi Bakuru mu Bihugu byombi, ndetse n’ubufatanye bw’ibihugu byombi mu iterambere.

Ambasaderi Mukangira yavuze ko urugendo rwo kubohora u Rwanda, rwayobowe n’ingabo zari iza FPR-Inkotanyi ziyobowe na Perezida Paul Kagame, rwabaye intsinzi yo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ndetse no kurandura amacakubiri n’ivanguramoko mu Rwanda.

Yagize ati “Kwibohora ni intsinzi yinjije u Rwanda mu bihe bishya by’imiyoborere myiza, ubumwe n’ubwiyunge, ndetse no kongera kubaka Igihugu cyari cyarasenyutse.”

Ambasaderi Mukangira yibukije ko Umunsi Mukuru wo Kwibohora w’uyu mwaka wahuriranye n’isabukuru y’imyaka 25 y’Umubano w’u Rwanda n’u Buhinde ushingiye kuri za Ambasade.

Ati “Uhereye mu 1999 ubwo Ambasade y’u Rwanda yafungurwaga i New Delhi, umubano hagati y’u Rwanda n’u Buhinde warushijeho gukura ndetse n’ubufatanye hagati y’Ibihugu byombi urushaho kwaguka, cyane cyane mu nzego zirimo ubuhinzi, ibikorwaremezo, ubuzima, uburezi n’ubucuruzi”.

Yashimye kandi u Buhinde kuba igihugu cya kabiri mu bishora imari nyinshi mu Rwanda, anagaragaza uko u Rwanda rukomeje kwiyubaka mu byiciro by’imibereho myiza y’abaturage, ubukungu, ndetse n’imiyoborere myiza n’ubutabera. Yanamuritse amahirwe ari mu ishoramari n’ubukerarugendo mu Rwanda, asaba abari aho kurusura no kurushoramo imari. Yagaragaje kandi ubwiza bw’ikawa n’icyayi by’u Rwanda, ashishikariza abashyitsi gusogongera ku mwihariko wabyo.

Shri Raj Kumar Srivastava, Umuyobozi w’Ishuri ry’Ububanyi n’Amahanga ryitiriwe Nyakwigendera Sushma Swaraj wabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Buhinde, wari umushyitsi mukuru, yashimye uburyo u Rwanda rwabashije kwimakaza Ubumwe n’Ubwiyunge nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yashimye kandi umubano mwiza w’u Rwanda n’u Buhinde, agaragaza u Rwanda nk’icyitegererezo mu iterambere muri Afurika.

Ibirori byaherekejwe n’indirimbo zubahiriza Ibihugu byombi zaririmbwe n’abanyeshuri biga ku kigo cya Bal Bharati Public School Noida. Byaranzwe kandi n’imbyino gakondo zabyinwe n’abanyeshuri b’Abanyarwanda biga mu Buhinde n’itorero ry’Abahinde ryo muri Leta ya Haryana.

Ambasade y'u Rwanda mu Buhinde yizihije umunsi Mukuru wo Kwibohora ku nshuro ya 31
Ambasaderi Mukangira yishimiye imyaka 25 y'umubano w'u Rwanda n'u Buhinde
Ambasaderi w’u Rwanda mu Buhinde, Jacqueline Mukangira, yashimye umubano uhamye w’u Rwanda n’u Buhinde
Shri Raj Kumar Srivastava yashimye uburyo u Rwanda rwabashije kwimakaza Ubumwe n’Ubwiyunge nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages