Ni umunsi ufatwa nk’imbonekarimwe ku Banyarwanda baba mu mahanga, ukaba ihuriro ryatangiye tariki ya 4 Ukuboza 2010 mu Bubiligi ku Mugabane w’u Burayi.
Rwanda Day yakomereje Chicago muri Amerika, i Paris mu Bufaransa, i Londres mu Bwongereza, Toronto muri Canada, Atlanta muri Canada, Dallas muri Amerika, Amsterdam mu Buholandi, San Francisco muri Amerika, Gand mu Bubiligi.
Yaherukaga kuba mu 2019 mu Mujyi wa Bonn mu Budage ubwo yari yitabiriwe n’Abanyarwanda baturutse mu bihugu bitandukanye byo ku mugabane w’u Burayi.
Buri gihe uko Rwanda Day iteguwe ihabwa insanganyamatsiko, ndetse iy’uyu mwaka iteganyijwe kubera i Washington D.C. yahawe inyito igira iti “U Rwanda: Umurage wacu twese aho turi hose”
Kuri iyi nshuro yabaye byabaye umwihariko kuko itariki yamenyekanye kare, bifasha ababa mu bihugu bitandukanye, by’umwihariko i Burayi gutegura ibizakenerwa byose.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda aherutse gutangaza ko abantu biyandikishije basaba kwitabira Rwanda Day ya 2024 ari ibihumbi 10, bikaba n’ubwa mbere hiyandikishije benshi.
Abitabira Rwanda Day ni Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda biyandikishije, abatabonye uko bahagera bagakurikira gahunda zoswe kuri Televiziyo Rwanda. Itangazamakuru ryaba iry’imbere mu gihugu na mpuzamahanga na ryo rihabwa urubuga rwo gutara no gutangaza amakuru.
Mu ntangiriro Rwanda Day yitabirwaga n’abantu bari hagati y’ibihumbi bibiri na bitatu.
Mu bindi byaranze Rwanda Day kuva yatangira, yabaye inzira nziza ihuza abashoramari, ba Rwiyemezamirimo, abacuruzi, abafite imishinga itaragera ku isoko n’abandi bantu b’ingeri zose bakagira umwanya wo kuganira n’umukuru w’igihugu akabereka aho kigeze, icyerekezo n’uruhare rwabo mu kugishyigikira mu iterambere.
Icyiciro cy’urubyiruko kandi gihabwa umwanya munini kuko aribo bahanzwe amaso mu gukomeza inzira yo kubaka iterambere rirambye ry’igihugu.
Nigarukire kuri Rwanda Day iteganyijwe mu Mujyi wa Washington (USA) tariki ya 2-3 Gashyantare 2024, ubu ni yo ntero n’inyikirizo mu bikorwa bitandukanye bihuza Banyarwanda. Buri wese aba agira ati “nizeye ko turi kumwe mu bukwe buteganyijwe i Washington.”
Bamwe mu Banyarwanda bari barasabye ko Rwanda Day yagirwa iminsi ibiri aho kuba umwe, icyifuzo cyubahirijwe muri iyi Rwanda Day igiye kubera i Washington DC.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!