Iyi nyubako iri ku nkengero z’amazi y’umugezi wa Potomac, umwe mu ifite amateka akomeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuko George Washington wabaye Perezida wa Mbere w’iki gihugu yawufataga nk’ahantu hari izingiro ry’ubuzima.
Mu nkengero z’uwo mugezi niho Washington yavukiye ndetse ni naho yapfiriye. Yajyaga awifashisha nk’inzira ihuza Uburasirazuba n’u Burengerazuba bw’igihugu. We ku giti cye yari ahafite ubutaka burenga hegitari ibihumbi 12.
#RwandaDay 2024 venue details:
📍Gaylord National Resort & Convention Center.
Address: 201 Waterfront St, National Harbor, MD 20745. pic.twitter.com/f67GZYUDxL— Rwanda Day (@RwandaDay) January 20, 2024
Gaylord National Resort & Convention Center iri mu bilometero 15 uvuye kuri Capitol, inyubako ikoreramo Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ni urugendo rw’iminota iri hagati ya 17 na 22.
Ni mu gihe uvuye kuri White House, bigusaba gukora urugendo rw’ibilometero 17,6 rutagutwara iminota 20 kugira ngo ugere kuri iyi nyubako.
Iyi hotel izaberamo Rwanda Day iri ku nkengero z’ayo mazi, ku mugezi uva i Washington DC, ukambuka ukagera mu Mujyi wa Alexandria muri Leta ya Virginia.
Ni hotel igenzurwa na Gaylord Hotels, ishami ry’ikigo gikomeye mu mahoteli cyitwa Ryman Hospitality Properties. Yahoze mu maboko ya Marriott International mu myaka yashize.
Gaylord National Resort & Convention Center yafunguwe ku wa 1 Mata 2008, nk’inyubako ishobora gukoreshwa mu buryo butandukanye harimo ibiro, amacumbi yo guturamo n’amaguriro.
Yuzuye itwaye miliyoni 870$.
Ifite ibyumba 2000 abantu bararamo, ibyumba 95 biberamo inama ndetse n’ubuso bwa metero kare 49.929 bushobora gukoreshwa yakira inama. Ifite restaurant zirindwi n’ibindi. Abakozi bayikoramo barenga ibihumbi bibiri. Ifite amagorofa 19, ibintu bituma umuntu uyirimo aba areba neza umugezi wa Potomac.
Iyi nama yabereyemo ibikorwa bikomeye muri politiki ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kuko mu 2011 yakiriye Inama ya Komite y’Ishyaka ry’Aba-Républicain, yatorewemo umuyobozi waryo.
Buri mwaka kuva mu 2011, ni yo yakira irushanwa ryo ku rwego rw’igihugu ryo kurushanwa mu kuvuga. Mu 2014, yakiriye Inama yo ku rwego rw’igihugu y’ishyirahamwe ry’abanyeshuri biga ikoranabuhanga.
Kuva mu 2012, yakira kandi iserukiramuco ryitwa MAGFest rihuza abakina imikino ikinwa hifashishijwe ibikoresho by’ikoranabuhanga [Video games].



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!