00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Conakry: Abanyarwanda bizihije Umuganura

Yanditswe na IGIHE
Kuya 10 August 2026 saa 12:38
Yasuwe :

Abanyarwanda batuye muri Guinea bizihije umunsi mukuru w’Umuganura, bibutswa ko n’ubwo bari kure y’u Rwanda bakwiye guhora bazirikana indangagaciro z’igihugu cyabo.

Uyu muhango wabereye ku cyicaro cya ambasade i Conakry. Waranzwe no gusangira amafunguro ya kinyarwanda, kubyina imbyino gakondo zo mu Rwanda n’ibiganiro by’ubusabane.

Ni ibirori byitabiriwe n’Abanyarwanda batuye muri Guinea, inshuti z’u Rwanda ndetse n’abahagarariye ubuyobozi bwa Guinea.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Guinea, Michel Sebera, yagarutse ku gisobanuro cy’Umuganura, yibutsa ko kuva kuri Gihanga wahanze u Rwanda, Umuganura ari inzira yo guhuza Abanyarwanda ngo basangire umusaruro w’ibyo bagezeho. Yibukije ko n’ubwo bwose Umuganura utakomeje guhabwa agaciro kawo mu gihe cy’ubukoloni, Guverinoma y’u Rwanda yawugasubije yongera kuwizihiza no kuwusobanurira abaturage baba abari mu gihugu baba n’abari hanze yacyo.

Ambasaderi Sebera yavuze kandi ko inzira y’Umuganura itarangirira ku kwizihiza umusaruro w’ubuhinzi nk’uko benshi babyibeshyaho, ko ahubwo ari igikorwa kigamije kwigisha Abanyarwanda urukundo rw’igihugu cyabo, kubahana no gufata iya mbere mu gukemura ibibazo.

Yibukije kandi ko kwizihiza Umuganura ari uburyo bwo kwishimira umubano mwiza uri hagati y’u Rwanda na Guinea ndetse no guha agaciro umuco wa Guinea kuko n’ubwo hari aho utandukaniye n’uw’u Rwanda, iyo mico yombi ishingirwaho mu iterambere ry’umugabane wose wa Afurika.

Uhagarariye Abanyarwanda baba muri iki gihugu, Theo Ntakirutimana, yavuze ko Umuganura ari uburyo bwo kwishimira intambwe zose igihugu cyateye mu nzego zose.

Yavuze ko ari igihe cyiza cyo kwishimira ibyagezweho mu burezi, mu buzima, no mu zindi nzego zose z’ubukungu bw’igihugu harimo n’ubuhinzi n’ubworozi.

Ntakirutimana na we yavuze ko Umuganura ari umwe mu migenzo ikomeye igize umuco w’Abanyarwanda kandi ko indangagaciro zirimo gusangira ibyagezweho zikwiriye gusigasirwa no guhererekanywa, abakuru bakazigisha abato

Umuganura ni umwe mu minsi mikuru yizihizwa mu Rwanda igamije gusigasira umuco nyarwanda
Abana baganujwe amata
Abanyarwanda baba muri Guinea basabanye mu birori byo kwizihiza umuganura

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages