00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ambasaderi Kimonyo yasabye abashoramari bo mu Bushinwa kubyaza umusaruro amahirwe u Rwanda rwabashyiriyeho

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 2 August 2025 saa 09:52
Yasuwe :

Ku munsi wa mbere wa gahunda ya ‘Meet Rwanda in China’, sosiyete zirenga 200 zo mu nzego zitandukanye mu Bushinwa, zahuriye mu biganiro byo ku rwego rwo hejuru mu byerekeye ubucuruzi.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iyi nama, Ambasaderi w’u Rwanda mu Bushinwa, Kimonyo James, yasabye abashoramari bo muri iki gihugu n’abifuza kuba abafatanyabikorwa b’u Rwanda mu nzego zinyuranye, kubyaza amahirwe igihugu cyabashyiriyeho.

Yagaragaje ko u Rwanda rwiteguye kwakira ishoramari iryo ari ryo ryose, ashimangira ko Leta yashyize imbaraga nyinshi mu korohereza abarugana bashaka kurushoramo imari.

Ambasaderi Kimonyo yashishikarije abari aho gusura u Rwanda, bakareba amahirwe menshi ahari mu nzego zinyuraranye.

Ibi biganiro byateguwe ku bufatanye bwa Ambadase y’u Rwanda mu Bushinwa, Ibiro bishinzwe ububanyi n’amahanga mu Ntara ya Hubei, Ikigo cy’u Bushinwa gishinzwe Guteza Imbere Ubucuruzi Mpuzamahanga [China Council for the Promotion of International Trade].

Bafatanyije kandi n’Inama ihuza u Bushinwa na Afurika ku iterambere ry’Inganda [China-Africa Industrial Forum- CAIF].

Gahunda ya ‘Meet Rwanda in China’ iri kubera Mujyi wa Wuhan hagati ya tariki ya 1 n’iya 2 Kanama 2025, ni urubuga rugamije kumurika amahirwe y’ishoramari ari mu Rwanda n’ibicuruzwa bihakorerwa [Made in Rwanda].

Igamije kandi guteza imbere ubukerarugendo n’umuco, no guhuriza hamwe Abanyarwanda baba mu Bushinwa kugira ngo bagire uruhare mu iterambere ry’igihugu.

Magingo aya u Bushinwa ni cyo gihugu kiza imbere y’ibindi mu gukora ishoramari mu Rwanda [foreign direct investment, FDI], ndetse hakanoherezwayo ibicuruzwa byinshi biturutse mu Rwanda.

Biteganyijwe ko iyi gahunda iri kuba izafasha kurushaho gukomeza umubano usanzweho.

‘Meet Rwanda in China’ izaba urubuga ruhoraho ruzajya ruhuza Abanyarwanda baba mu mahanga kugira ngo bagire uruhare mu iterambere ry’igihugu cyabo.

Ambasaderi w'u Rwanda mu Bushinwa, Kimonyo James, yasabye abashoramari bo muri iki gihugu n’abifuza kuba abafatanyabikorwa b’u Rwanda mu nzego zinyuranye, kubyaza amahirwe igihugu cyabashyiriyeho
Ibi biganiro byateguwe ku bufatanye bwa Ambadase y’u Rwanda mu Bushinwa n'abafatanyabikorwa bayo batandukanye
Sosiyete zirenga 200 zo mu nzego zitandukanye mu Bushinwa, zahuriye muri ibi biganiro byo ku rwego rwo hejuru ku bucuruzi
Abari aho bataramiwe n'itorero ry'imbyino gakondo
Iyi gahunda ya ‘Meet Rwanda in China’ iri kubera Mujyi wa Wuhan, ni urubuga rugamije kumurika amahirwe y’ishoramari ari mu Rwanda n’ibicuruzwa bihakorerwa [Made in Rwanda]

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages