00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amb. Rosemary Mbabazi yatanze impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Côte d’Ivoire

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 7 March 2025 saa 10:56
Yasuwe :

Ambasaderi Rosemary Mbabazi yashyikirije Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara, impapuro zimwemerera guhagarira u Rwanda muri icyo gihugu, anahura n’Abanyarwanda bahatuye n’abahakorera.

Urugendo rwa Amb. Rosemary Mbabazi muri Côte d’Ivoire kuri uyu wa Kane, tariki 6 Werurwe 2025, rwari urwo kugira ngo atange impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu cyo mu Burengerazuba bwa Afurika.

Nyuma yo gutanga izi mpapuro, Ambasaderi Rosemary Mbabazi yatangarije itangazamakuru, ku ngoro ya Perezida wa Côte d’Ivoire, ko yiteguye gufatanya na Guverinoma y’icyo gihugu mu kwimakaza ubufatanye hagati y’u Rwanda na Côte d’Ivoire.

Imikoranire hagati y’ibihugu byombi isanzwe ari myiza bigaragazwa n’amasezerano atandukanye yagiye asinywa harimo ay’ubufatanye mu bikorwa by’ingendo zo mu kirere azwi nka ‘bilateral air service agreement,’ ay’ikurwaho rya Visa ku baturage b’ibihugu byombi bakorera ingendo muri Côte d’Ivoire cyangwa mu Rwanda, ndetse n’andi atundukanye.

Nyuma y’iki gikorwa, Amb. Rosemary Mbabazi yahuye n’Abanyarwanda batuye kandi bakanakorera imirimo muri Côte d’Ivoire, bagirana ubusabane ahanini bwari bugamije kwifatanya mu gushima intambwe yagezweho mu mubano w’u Rwanda n’icyo gihugu.

Yasabye aba banyarwanda gushyira imbaraga mu bikorwa byo kwiteza imbere no gusangiza amahirwe bagenzi babo mu ishoramari n’ibindi bikorwa mu mirimo itandukanye, ari na ko bazirikana igihugu cyabo mu bikorwa bakorera muri Côte d’Ivoire. Yabashishikarije kwimakaza ibicuruzwa by’iwabo mu Rwanda mu bucuruzi.

Yagize ati “Hari byinshi byiza biri mu nzira, ariko byose bishoboka iyo twashyize hamwe kuko ari bwo tumenya ayo mahirwe, namwe tubasigiye amabendera, muri ba Ambasaderi beza, aho muri hose mujye muvuga amahirwe y’igihugu cyacu, mudushakire imbuto n’amaboko, aho mubonye amahirwe y’imirimo aho mukora muhamagare Abanyarwanda [...] biradushimisha iyo tuje tugasanga muteye imbere mumeze neza.”

Uyu mwanya kandi wabaye n’urubuga aho Ambasaderi yasangije Abanyarwanda bakorera muri iki gihugu amakuru atandukanye arebana n’ubuzima bw’igihugu cyabo, abashimira uko bahora bafata iya mbere mu kwitabira gahunda zose Leta y’u Rwanda itegura.

Amb. Rosemary Mbabazi yaboneyeho no guha Abanyarwanda amakuru agendanye n’ibibazo by’umutekano muke umaze iminsi mu karere u Rwanda ruherereyemo by’umwihariko mu burasirazuba bwa Repubilika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yababwiye ko u Rwanda rutekanye kandi ko Leta yakoze ibyangombwa byose ngo irengere ubuzima bw’Abanyarwanda ngo budahungabanywa n’ibibazo biterwa n’imiyoborere mibi muri aba baturanyi b’u Rwanda.

Amb. Rosemary Mbabazi watanze impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Côte d’Ivoire, ni umwanya afatanya no kuba Ambasaderi w’u Rwanda muri Ghana aho asanzwe afite icyicaro, muri Repubulika ya Benin, Liberia, Sierra Leone na Togo.

Muri Côte d’Ivoire habarirwa Abanyarwanda basaga 300. Hari abahakorera ibikorwa by’ubucuruzi, abakora mu bigo bitandukanye biri muri iki gihugu, imiryango yabo ndetse n’abandi batandukanye.

Abanyarwanda bakorera imirimo muri iki gihugu bishimiye intambwe ikomeje guterwa mu gukomeza umubano hagati y’u Rwanda n’igihugu cya Côte d’Ivoire ndetse basezeranya Ambasaderi ko biyemeje gufatanya ngo nabo bagire uruhare rufatika mu kwishakamo ibisubizo no kwigira ku Rwanda.

Bamwe muri aba Banyarwanda bakomoje ku bitekerezo byo kongera umusanzu wabo mu kwizigamira mu Rwanda babinyujije mu kigega cya ‘Ejo Heza’ ndetse no mu bindi.

Ambasaderi Rosemary Mbabazi yashyikirije Perezida wa Côte d'Ivoire, Alassane Ouattara, impapuro zimwemerera guhagarira u Rwanda muri icyo gihugu
Abanyarwanda baba muri Côte d’Ivoire basaga 300 bahakora imirimo itandukanye
Amb. Rosemary Mbabazi yakiranywe ubwuzu n'abanyarwanda batuye muri Côte d’Ivoire
Abanyarwanda baba muri Côte d’Ivoire bahaye impano Amb. Rosemary Mbabazi muri ubu busabane
Abanyarwanda baba muri Côte d’Ivoire baboneyeho umwanya wo kuganira na Amb. Rosemary Mbabazi
Ubu busabane bwitabiriwe n'abanyarwanda batandukanye baba muri Côte d’Ivoire
Perezida w'Umuryango w'Abanyarwanda baba muri Côte d'Ivoire, Liliane Kenté aha ikaze Amb. Rosemary Mbabazi
Muri Côte d’Ivoire hatuye abanyarwanda bahakorera imirimo itandukanye
Charles Nyirahuku ukorera Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (BAD) ifite icyicaro muri Côte d’Ivoire
Byari umwanya wo kongera gusabana no kuganira ku Rwanda n'iterambere ryarwo
Ambasaderi Rosemary Mbabazi ageza ijambo rye ku banyarwanda baba muri Côte d’Ivoire
Amb. Rosemary Mbabazi yafashe ifoto y'urwibutso n'abitabiriye ubu busabane

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .