Ambasaderi Busabizwa usanzwe ahagarariye u Rwanda muri Congo Brazzaville yatanze izi mpapuro ku wa Kane 18 Kamena 2026 mu gikorwa cyabereye mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu iherereye i Malabo.
Nyuma y’iki gikorwa Amb Busabizwana Perezida Teodoro Obiang Nguema baganiriye ku buryo bwo kwagura no gushimangira umubano n’imikoranire hagati y’iki gihugu n’u Rwanda.
Ni ibiganiro byibanze ku guteza imbere ubufatanye mu nzego z’ubuhinzi, ubukerarugendo, uburezi, ikoranabuhanga, ubwikorezi bwo mu kirere n’ibindi bifitiye akamaro ibihugu byombi mu rwego rwo guteza imbere gahunda zo kwihuza kwa Afurika.
Umubano w’u Rwanda na Guinée Equatoriale urahamye. Ibihugu byombi bifatanya mu nzego zitandukanye zirimo iby’ingendo z’indege, ubucuruzi n’ishoramari, ubukerarugendo, umutekano, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ingufu, ubuhinzi, ubuzima ndetse n’ikoranabuhanga.
Ni ubufatanye bushingiye ku masezerano ibihugu byombi byagiranye mu 2014 ubwo Perezida Teodoro Obiang Nguema yasuraga u Rwanda.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!