00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda baba muri Zambia bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, basabwa kutarebera ahimitswe amacakubiri

Yanditswe na Ayera Belyne
Kuya 8 April 2025 saa 12:12
Yasuwe :

Abanyarwanda batuye muri Zambia ku bufatanye na Ambasade y’u Rwanda, bifatanyije n’abayobozi bo muri iki gihugu n’inshuti z’u Rwanda mu kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bibutswa ko amacakuburi ari yo ntandaro ya Jenoside bityo ko nta keza kayo.

Ni igikorwa cyabaye ku wa 7 Mata 2025, ku munsi wo gutangiza icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyitabiriwe n’abayobozi bo mu nzego zitandukanye zo muri Zambia n’Abanyarwanda bahatuye.

Minisitiri w’Imibereho myiza muri Zambia wari umushyitsi mukuru, Doreen Mwamba, yavuze ko Jenoside igaragaza neza ingaruka mbi z’amacakubiri, avuga ko uko Isi ikomeza guceceka bituma ibintu birushaho kuba bibi.

Ati “Jenoside yerekana neza ingaruka mbi z’amacakubiri, uko Isi ikomeza kubiceceka bituma ibintu birushaho gukomera. Zambia iri kumwe n’u Rwanda muri ibi bihe bitoroshye.”

Ambasaderi w’u Rwanda muri Zambia, Bugingo Emmanuel, yavuze ko Jenoside itatunguranye ahubwo ari ibintu byateguwe igihe kirekire kuva mu gihe cy’ubukoloni.

Ati “Jenoside yatewe n’ivangura abakoloni bashyize mu Banyarwanda kuko bababibyemo amacakubiri arema urwango.”

Yakomeje avuga ko ibiri kubera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byo kwica Abatutsi by’umwihariko Abanyamulenge, bisa nk’ibyabaye mu Rwanda mbere ya Jenoside, bityo ko Isi itagomba kurebera ngo bigende nk’uko byagenze mu 1994.

Ambasaderi Bugingo yongeyeho ko nubwo Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, igihugu cyiyubatse bikaba bigaragaza ubwiyunge bw’abaturage ndetse ko bishoboka gukumira amahano nk’ayabaye mu 1994.

Minisitiri w'Imibereho myiza muri Zambia, Doreen Mwamba, yavuze ko Jenoside igaragaza neza ingaruka mbi z’amacakubiri bityo ko akwiriye kwirindwa
Ambasaderi w'u Rwanda muri Zambia, Bugingo Emmanuel, yavuze ko Jenoside ari ikintu cyateguwe kuva kera mu gihe cy'ubukoloni
Muri Zambia, igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 31, cyari cyitabiriwe n'abantu basaga 300 barimo Abanyarwanda, inshuti z'u Rwanda ndetse n'abayobozi bo mu nzego zitandukanye muri iki gihugu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .