00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda baba muri Tchad biyemeje kurwanya ingengabitekerezo ziha urwaho Jenoside

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 17 May 2026 saa 09:00
Yasuwe :

Abanyarwanda batuye muri Tchad bibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, basabwa kugira uruhare mu kurwanya abagoreka amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no gukumira ko itazigera yongera kubaho ukundi.

Ni igikorwa cyabereye mu Murwa Mukuru N’Djamena ku wa 16 Gicurasi 2026.

Iki gikorwa cyitabiriwe n’Abanyarwanda batuye muri iki gihugu, abadipolomate, abayobozi ba Tchad, abaharariye Loni muri iki gihugu ndetse n’izindi nshuti z’u Rwanda.

Igikorwa cyatangiye hakorwa urugendo rwo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hafatwa umunota wo kwibuka ndetse no gucana urumuri rw’icyizere nk’ikimenyetso cyerekana ko abazize Jenoside batazigera bazima ndetse ibyabaye bitazasubira ukundi.

Umuyobozi ushinzwe Afurika muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yo muri Tchad, Bello Yerima Yaya, yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi ari amateka mabi yabayeho ku Isi ndetse agaragaza ko ari yo mpamvu Guverinoma y’iki gihugu ikomeza kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka abayizize kugira ngo ayo mateka atazongera gusubira kubaho ukundi.

Yavuze ko kwifatanya n’Abanyarwanda batuye muri iki gihugu muri iki gikorwa byerekana ko ibi bihugu byombi bifitanye umubano mwiza ushingiye ku kubwubahane ndetse n’ubushake ibihugu byombi bisangiye mu kwimakaza amahoro.

Yashimiye uburyo u Rwanda rwiyubatse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi aho igihugu cyashyize imbere ubumwe bw’Abanyarwanda ndetse kigatera n’imbere mu bikorwa bitandukanye.

Kalinda Viateur uyobora Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Tchad, yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi itabaye kubera impanuka ndetse ko yateguwe igihe kinini bituma abarenga miliyoni bicwa mu gihe kitarenze iminsi 100.

Nkurikiyingoma François wari uhagarariye Ambasade y’u Rwanda, yavuze ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi bidakwiriye gutuma abantu baheranwa n’amateka gusa ahubwo ko bikwiriye kwibutsa abantu ko ari inshingano zo kurinda ayo mateka ndetse no kugira uruhare mu gutuma atazongera kubaho.

Umuhuzabikorwa w’amashami ya Loni muri Tchad, Dr Batalingaya François Xavier yibukije abitabiriye iki gikorwa ko bakwiriye gukorana mu kurwanya ko Jenoside yakongera kubaho ahandi hose ku Isi ndetse ashimangira ko Loni yiyemeje gukomeza guharanira amahoro, uburenganzira bwa muntu ndetse no kurinda abantu.

Abanyarwanda batuye muri Tchad bakoze urugendo rwo kwibuka Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi
Igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi cyitabiriwe n'Abanyarwanda batuye muri Tchad ndetse n'inzego z'ubuyobozi zo muri iki gihugu
Mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi byabereye muri Tchad, Abanyarwanda n'inshuti z'u Rwanda fashe umunota wo kuzirikana abazize Jenoside
Nkurikiyingoma François wari uhagarariye Ambasade y’u Rwanda yibukije Abanyarwanda batuye muri iki gihugu ko ari inshingano zabo kurwanya abagoreka amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi
Kalinda Viateur uyobora Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Tchad yavuze ko Jenoside yateguwe igihe kinini ndetse akaba ari yo mpamvu Abatutsi barenga miliyoni bishwe mu gihe kitarenze iminsi 100 gusa
Umuhazabikorwa w'amashami ya Loni muri Tchad, Francois Batalingaya yasabye abitabiriye iki gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ko bakwiriye kurwanya ko yazaongera kubaho ukundi ku Isi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages