00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda baba mu Budage bishimiye uko 2025 yagenze, bahiga guteza imbere u Rwanda

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 24 December 2025 saa 06:46
Yasuwe :

Abanyarwanda batuye mu Budage bahuriye hamwe mu birori byo kwishimira uko umwaka wa 2025 wagenze, biyemeza gukomeza kugira uruhare mu iterambere ry’u Rwanda.

Ubudage ni igihugu kinini, gituyemo Abanyarwanda mu bice no mu buryo butandukanye, kuko harimo urubyiruko rwinshi rwahavukiye cyangwa rwahakuriye, hakaba abahagiye ari bato bakahakurira n’abanyeshuri muri za kaminuza.

Imiryango y’Abanyarwanda batuye mu mahanga igaragazwa kenshi n’ibikorwa bibahuza, bigamije kubateza imbere no gukomeza gutoza abato gukunda no gukorera u Rwanda.

Abagize urubyiruko rwo mu Budage, batojwe n’ababyeyi babo kumenyera aho bava, cyane mu ngando bakunze gukorera mu Rwanda rimwe mu mwaka barujyana gusura no kumenya aho bakomoka.

Bitabira kandi buri bikorwa bitegurwa ku rwego rwa ambasade, ibiganiro bitandukanye, kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, amateka yaranze u Rwanda biciye mu gikorwa ngarukamwaka cyo Kwibohora, Umuganura n’ibindi.

Iki gikorwa cyo guhura bakifurizanya umwaka mushya muhire, bakishimira n’ibyo bagezeho bari kumwe cyahuje Abanyarwanda n’inshuti zabo bagera kuri 210 baturutse mu mijyi itandukanye mu Budage.

N igikorwa cyayobowe na Ishimwe Claudine afatanyije na Ishimwe Blaise.

Umunyabanga wa mbere muri Ambasade y’u Rwanda mu Budage, Gildas Mukunde, yashimiye uko Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje kwishyira hamwe nk’inkingi y’iterambere.

Ati “Turishimira uko mukomeje kwishyira hamwe nk’Abanyarwanda. Ni cyo tubakangurira kuko ubumwe n’iyo nkingi ikomeye yo gukomera k’ubunyarwanda bwacu aho turi hose.”

Yakomeje ati “Ubuyobozi bw’u Rwanda buzakomeza kubaha serivisi mukeneye hano, mukomeze mubwegere, igihe icyo ari cyo cyose turi hano ngo dufatanye, kandi tubahe serivisi mugombwa n’ubuyobozi.”

Umuyobozi w’Umuryango w’Abanyarwanda baba mu Budage, Kubwimana Hervé, yashimiye abo bafatanyije bose ngo iki gikorwa kigende neza, ashimira Abanyarwanda n’inshuti zabo baturutse hirya no hino kugira ngo bahure.

Yavuze ko guhura bituma bakomeza kunga ubumwe, bakamenyana kurushaho, bikaba byafasha no bikorwa bindi biri imbere.

Yasoje ashishikariza Abanyarwanda gukomeza kwitabira ibikorwa bibahuza bigamije iterambere ry’Igihugu batumirwamo, anabashimira ibyo bagezeho muri 2025.

Muri ibyo birori kandi abahanzi bari muri Band ya Diaspora Nyarwanda mu Budage ikuriwe na Patrick Nteziryayo uzwi nka Patrick the Voice, bahawe umwanya basusurukije abayitabiriye.

Gildas Mukunde, Umunyamabanga wambere muri Ambassade y'u Rwanda mu Budage yaganirije Abanyarwanda baba mu Budage
Kubwimana Hervé uyobora Diaspora Nyarwanda mu Budage, yashimiye abo bafatanyije bose ngo iki gikorwa gikorwe, ashimira Abanyarwanda n’inshuti zabo baturutse hirya no hino kugira ngo bahure
Igikorwa cyo kwishimira uko umwaka wageze ku Banyarwanda baba mu Budage cyayobowe na Ishimwe Claudine afatanyije na Ishimwe Blaise
Abanyarwanda baba mu Budage bishimiye uko umwaka wa 2025 wagenze
Ibirori byo kwishimira uko umwaka wa 2025 wagenze byateguwa n'Abanyarwanda baba mu Budage byitabiriwe n'abo mu ngeri zitandukanye
Abanyarwanda baba mu Budage basabwe gukomeza kugira uruhare mu iterambere ry'u Rwanda
Abanyarwanda baba mu Budage n'inshuti zabo bishimiye uko umwaka wa 2025 wagenze
Abahanzi bari muri Band ya Diaspora Nyarwanda mu Budage ikuriwe na Patrick Nteziryayo uzwi nka Patrick The Voice, ni bo basusurukije abitabiriye ibirori

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages