00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda baba i Brazzaville bizihije Kwibohora31, berekwa intambwe igihugu cyateye

Yanditswe na IGIHE
Kuya 6 July 2025 saa 03:07
Yasuwe :

Abanyarwanda batuye muri Repubulika ya Congo ku bufatanye na Ambasade y’u Rwanda muri iki gihugu bizihije umunsi mukuru wo kwibohora, wizihijwe ku nshuro ya 31.

Ni igikorwa cyahurije Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda muri Hotel Hilton -Les Tours Jumelles ku wa 4 Nyakanga 2025.

Cyitabiriwe n’abarenga 350 mirongo itanu; biganjemo Abanyarwanda batuye mu mujyi wa Brazzaville n’inshuti zabo, abagize guverinoma ya Congo barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Francophonie ndetse n’Abanye-Congo batuye mu mahanga Jean Claude Gakosso, abahagarariye ibihugu byabo muri iki gihugu n’Imiryango mpuzamahanga ndetse n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye muri Congo.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Congo, Bwana Parfait Busabizwa yavuze ko uyu munsi ari umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda.

Yagarutse ku rugamba rwo kubohora u Rwanda, aho Ingabo za RPA zari ziyobowe na Gen. Maj. Paul Kagame zavanye igihugu mu mwijima, zigahagarika Jenoside yakorewe Abatutsi none ubu u Rwanda rukaba rugeze ku rwego rwiza mu iterambere.

Yanagaragaje ko mu myaka irindwi ishize, ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse mu nzego zose z’ubuzima, avuga ko igipimo cy’imibereho myiza y’abaturage kigeze kurwego rushimishije.

Ati “Ariko n’ubwo hari ibyagezweho, u Rwanda rukomeje urugendo rwo kuzamura urwego rw’Iterambere.”

Ambasaderi Busabizwa, yashimiye leta ya Congo ku mubano mwiza ifitanye n’u Rwanda, anashimira Abanye-Congo, urugwiro bakirana buri Munyarwanda ubagannye.

Abitabiriye uyu muhango basusurukijwe n’itsinda ryitwa Suite Compagnie, mu mbyino gakondo zo muri Congo, nyuma umuhanzi Cyusa Ibrahim n’itorero Inganzo Ngari bataramira abari aho mu njyana y’indirimbo n’imbyino nyarwanda zijyanye n’umunsi wo kwibohora.

Ibirori byarimo abahagarariye ibihugu byabo, imiryango n'inshuti z'u Rwanda
Ambasaderi Parfait Busabizwa yashimiye Repubulika ya Congo umubano mwiza ifitanye n'u Rwanda
Suite Compagnie yataramiye abari aho mu njyana zo muri Congo
Itorero Inganzo Ngari ryataramiye abitabiriye ibi birori mu mudiho n'imbyino nyarwanda
Amb. Busabizwa na Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga wa Congo, Jean Claude Gakosso bahamije ko ibihugu byombi bibanye neza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages