Abiyandikishije ni abahanzi bakora umuziki, ababyinnyi abasizi, abanyabugeni, abanyamideri ndetse n’abandi bafite ibikorwa byo mu rwego rw’ubuhanzi baba muri Suède baturuka mu bihugu birindwi bya Afurika birimo u Rwanda, u Burundi, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Uganda, Nigeria, Kenya, Eritrea, na Suède izakira iryo serukiramuco.
Iri serukurimuco ryateguwe n’Umunyarwanda Yves Kijyana, afatanyije n’Ihuriro ry’Abanyarwanda batuye muri Suéde (RCA Sweden) riteganyijwe ku wa 4 Nyakanga 2026.
Yves Kijyana yatangaje ko bateguye iki gikorwa nyuma yo kubona ko hakiri icyuho mu kubona aho abahanzi b’Abanyafurika baba i Burayi bamenyekanishiriza ibikorwa byabo.
Ati ‘‘Ni igikorwa cyagenewe Abanyafurika, twagiteguye nyuma yo kubona ko Abanyafurika baba cyane cyane mu Majyaruguru y’i Burayi batabona neza aho bagaragariza ibikorwa byabo, cyane cyane ibimenyekanisha umuco wa Afurika. Kwiyandikisha biracyakomeje, mbere y’uko umunsi nyir’izina ugera.’’
Kijyana kandi avuga ko ari ishema ku Rwanda kuko umunsi iserukiramuco rizaberaho azaba ari n’igihe cyiza cyo kumenyekanisha ibikorerwa mu Rwanda, no gushishikariza abanyamahanga kwitabira gahunda ya ‘Visit Rwanda’. Muri ‘GANZA Africa Nordic Festival’ kandi, hazamurikirwa ibikorwa bitandukanye birimo ibijyanye n’imitekere yo muri Afurika.
Yavuze kandi ko ku wa 4 Nyakanga ubwo hazaba hizihizwa Umnsi wo Kwibohora, ari bwo bifuje gutangiza iri serukiramuco, mu gukomeza kwigisha amateka y’u Rwanda mu mahanga, no kuyasigasira.
Ni iserukiramuco biteganyijwe ko rizitabirwa n’abahagarariye u Rwanda mu bihugu byo mu Burayi bw’Amajyaruguru, barimo na Dr. Diane Gashumba n’abandi ba ambasaderi batandukanye bahagarariye ibihugu byabo bya Afurika muri ako gace.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!