00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

FESPAD 2013 izazenguruka intara zose

Yanditswe na

Richard Irakoze

Kuya 20 February 2013 saa 12:11
Yasuwe :

Guhera ku wa Gatandatu tariki 23 Gashyantare kugeza tariki 2 Werurwe 2013 mu Rwanda hazabera Iserukiramuco Nyafurika ry’Imbyino (FESPAD) ku nshuro ya munani. Iri serukiramuco rizatangirira mu Mujyi wa Kigali, rizenguruke hose mu ntara enye z’igihugu.
Rica Rwigamba, Umuyobozi w’ishami ry’ubukerarugendo mu Kigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), yavuze ko guhera ku wa mbere iri serukiramuco rizerekeza mu Ntara; mu Burasirazuba, mu Majyepfo, mu Majyaruguru no mu Burengerazuba.
Rwigamba avuga (…)

Guhera ku wa Gatandatu tariki 23 Gashyantare kugeza tariki 2 Werurwe 2013 mu Rwanda hazabera Iserukiramuco Nyafurika ry’Imbyino (FESPAD) ku nshuro ya munani. Iri serukiramuco rizatangirira mu Mujyi wa Kigali, rizenguruke hose mu ntara enye z’igihugu.

Rica Rwigamba, Umuyobozi w’ishami ry’ubukerarugendo mu Kigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), yavuze ko guhera ku wa mbere iri serukiramuco rizerekeza mu Ntara; mu Burasirazuba, mu Majyepfo, mu Majyaruguru no mu Burengerazuba.

Rwigamba avuga ko Abanyarwanda batuye muri izi ntara bazabasha kubona bamwe mu bitabiriye iri serukiramuco, bazanye imbyino zitandukanye zo hirya no hino ku Isi.

Rwigamba avuga ko mu isozwa ry’iri serukiramuco hazahembwa abazagaragaza imbyino nziza kurushaha abandi. Aba bakazatorwa n’abazitabira iri serukiramuco.

FESPAD yashyizweho muri Gashyantare 1988, mu nama ya 67 y’Abaminisitiri bagize icyitwaga Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika (Organisation de l’Unite Africaine).

U Rwanda ni rwo rwatowe nk’igihugu iri serukiramuco riberamo.

Kanda HANO urebe gahunda yose


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages