Mu ngingo iri shyaka ryifuza ko zavugururwa, Umuyobozi Mukuru wa ryo, Jean- Baptiste Rucibigango, yerekanye mu ibaruwa ye ko zirimo iy’101 ivuga kuri manda z’Umukuru w’Igihugu imaze iminsi isabwa n’abantu batandukanye ko yavugururwa.
Rucibigango yatangarije IGIHE uko PSR yifuza ko iyo ngingo yavugururwa, Umukuru w’Igihugu akajya agira manda eshatu, imwe ifite imyaka itanu.
Dore uko PSR ishaka ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga ivugururwa
Ingingo ya 101 y’Itegeko Nshinga iteganya ko Perezida wa Repubulika atorerwa manda y’imyaka irindwi inshuro zitarenze ebyiri, nivugururwa izaha Perezida Kagame Paul amahirwe yo kongera kwiyamamaza kuko azaba arangije manda ze ebyiri mu 2017.



















TANGA IGITEKEREZO