00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Century Park Hotel na Sherrie Silver Foundation byateguye ‘brunch’ yo kwinjiza abana muri Noheli

Yanditswe na IGIHE
Kuya 18 December 2024 saa 02:43
Yasuwe :

Iminsi irabarirwa ku ntoki ngo abantu batangire kwizihiza iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani; ibihe usanga abantu benshi bari kwishimana n’inshuti n’imiryango.

Century Park Hotel & Residences iherereye i Nyarutarama, mu kurushaho gufasha abakiliya bayo kuryoherwa n’iminsi mikuru, yateguye brunch izabinjiza muri Noheli bishimana n’ababo.

Iyi hoteli isanzwe igira brunch buri Cyumweru. Hategurwa amafunguro n’ibinyobwa, kuva saa tanu kugeza saa kumi n’imwe, abantu bafungura nta kibatangira.

Mu kwinjiza abantu mu minsi mikuru, ku wa 22 Ukuboza 2024 hateguwe brunch idasanzwe yateguriwe by’umwihariko abana, aho bazishima mu buryo butandukanye.

Ni brunch izitabirwa n’abana babarizwa muri Sherrie Silver Foundation, bazidagadurana n’abandi bayitabiriye, banagaragaza impano zitandukanye nko kubyina no kuririmba.

Kuri iyi brunch, abana bazayitabira barasabwa kuzambara imyambaro ijyanye n’inkuru ya ‘Cinderella’, abazaba baberewe kurusha abandi bazahabwa ibihembo birimo serivisi za hoteli zirimo ‘brunch’ enye z’ubuntu, gusohokera muri iyi hoteli, ibikoresho by’ishuri n’ibindi.

Hazaba kandi hari n’imikino y’abana itandukanye, izatuma barushaho kuryoherwa n’uyu munsi.

Kwitabira iyi brunch ku muntu mukuru ni 25 000Frw, naho abana bari munsi y’imyaka 12 bo bishyura 12 500Frw. Iyo wishyuye aya mafaranga, uba wemerewe gufatira amafunguro muri resitora ebyiri: Billy’s Bistro iteka indyo mpuzamahanga na Tung Chinese Cuisine imenyerewe ku ndyo z’Abashinwa.

Abantu bakuru bazitabira na bo bazaryoherwa n’umuziki w’umwimerere, ucurangwa na Cedric Mineur afatanyije na Afrozik Band. Abashaka gufata imyanya mbere bahamagara 0784071792 cyangwa 0782015450.

Abana bazahabwa aho gukinira imikino izabafasha kwidagadura
Abana bo muri Sherrie Silver Foundation bazitabira iyi brunch
Abakunda indyo z'Abashinwa batekerejweho
Iyi hoteli yateguye brunch yinjiza abantu mu minsi mikuru
Abitabira brunch baryoherwa n'indyo zitandukanye
Hari umwanya uhagije abana bisanzuriramo
Kuri brunch haba hateguwe amafunguro y'ubwoko butandukanye, umuntu afungura bitewe n'ayo akunda
Tung yamamaye mu guteka indyo z'Abashinwa
Amafunguro y'ubwoko butandukanye azaba yateguwe
Ibyo abana bakunda byatekerejweho kuri uyu munsi
Iyi brunch izaba iriho amafunguro n'ibinyobwa by'ubwoko butandukanye
Hateguwe imikino y'abana itandukanye izatuma baryoherwa n'uyu munsi
Brunch ya Century Park Hotel itegurwaho ubwoko butandukanye bw'amafunguro n'ibinyobwa, abayitabiriye bafata nta kibatangira

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .