Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima OMS, ritangaza ko itabi rihitana abantu bagera kuri miliyoni esheshatu ku isi buri mwaka ; ni ukuvuga hafi umuntu umwe buri masegonda atandatu, akanaba umwe mu bantu 10 bakuze.
Radiyo Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ivuga ko inama ya OMS yabereye i Seoul muri Korea y’Epfo mu Gushyingo 2012, yemeje amasezerano n’amategeko yo guca ubucuruzi bw’ibikomoka ku itabi; uwo mwanzuro ukaba warafashwe nyuma y’imyaka ine y’ibiganiro.
Umuyobozi wa OMS Margaret Chan, avuga ko yashyizemo ingufu nyinshi kugira ngo ayo masezerano y’i Seoul yemezwe kukoyari yarwanyijwe cyane n’inganda zikora itabi.
Abarwanya itabi bavuga ko bumva amasezerano mashya azafasha mu kurengera abatuye isi ntibanduzwe n’itabi n’ibirikomokaho. OMS ivuga ko inkurikizi ziterwa n’itabi ari cyo cyorezo kibangamiye cyane ubuzima bw’abatuye isi ku buryo burenze urugero.
OMS ivuga ko abantu miliyoni esheshatu ku isi buri mwaka bapfa, bivuze ko nibura mu masegonda atandatu umuntu umwe aba apfuye.
Biteganyijwe ko amasezerano yo guca ubucuruzi bw’itabi azasinyirwa ku cyicaro cya Loni i New York tariki ya cyenda Mutarama 2014, nyuma y’iminsi ibiri akemezwa i Geneve mu Busuwisi.



















TANGA IGITEKEREZO