00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Yibwiraga ko ari ibimenyetso byo gucura, asanga ari kanseri yo mu bwonko

Yanditswe na Isabwe Fabiola
Kuya 17 June 2025 saa 01:59
Yasuwe :

Umugore witwa Jane Roberts utuye i Liverpool mu Bwongereza, yahishuye uko yamenye ko ibimenyetso yitaga ibyo gucura (menopause) byari kanseri yo mu bwonko idashobora kubagwa.

Uyu mubyeyi w’imyaka 46 n’umwana umwe, yatangaje ko yatangiye kugira ibibazo byo kwibagirwa no kutumva neza, ariko akeka ko ari ibisanzwe bijyana n’imihindagurikire y’umubiri w’abagore iyo bagiye gucura (périménopause). Ni ibihe bihera ku myaka 40 kugeza kuri 50.

Jane Roberts yavuze ko nyuma yaje kubiganiriza umuganga we, amubwira ko ibyo bimenyetso bishobora kuba ari iby’indwara y’ubwonko yo kwibagirwa izwi nka ‘dementia.’

Byabaye ngombwa ko akorerwa isuzuma hifashishije CT Scan, ryaje kugaragaza ko afite kanseri yo mu bwonko ya glioma, yafashe igice cyo hagati mu bwonko. Ikibabaje abaganga bamubwira ko bigoye kuyibaga.

Jane Roberts avuga ko nyuma yo kubona ko adashobora kubagwa, yoherejwe ku bitaro bikomeye bya Cleveland Clinic ngo arebe ko bamufasha, ariko n’aho bemeza ko nta buryo bwo kubaga iyo ndwara bafite.

Ati “Kugeza ubu, ntegereje ibisubizo bya MRI bizagena uko indwara ihagaze n’ingamba z’ubuvuzi zishobora kugabanya ubukana bwayo.”

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga nka TikTok na Instagram, yatangiye gusangiza abantu iby’inkuru ye, anashishikariza abandi kutirengagiza ibimenyetso, kabone n’iyo byaba bisa n’ibisanzwe.

Ati “Natekerezaga ko ari ibintu byoroheje bijyanye n’imihindagurikire y’umubiri. Iyo ntaza kujya kwa muganga, sinari kumenya ko ari kanseri.”

Ibibyimba byo mu bwonko bya glioma byihariye 30% by’ibibyimba byose bifata ubwonko, ndetse 80% byabyo byose bivamo kanseri.

Bikunda gufata abantu bari hagati y’imyaka 45 na 70 icyakora abahanga mu buvuzi bavuga ko ku myaka yose umuntu yabigira.

Jane Roberts yasanze ibimenyetso yitaga ibyo gucura ari kanseri y'ubwonko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .