00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Yafunzwe azira gushaka gusambanyiriza umugenzi mu ndege

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 15 April 2026 saa 10:31
Yasuwe :

Umugabo w’Umuhinde w’imyaka 52, Sudhir Kumar Chahuan, yashinjwe gushaka gufata ku ngufu umugore wari umwicaye iruhande mu ndege, mu rugendo rwavaga Singapore rujya mu mujyi wa Perth muri Australia.

Byatangajwe na Polisi yo muri Australia, yagaragaje ko uwo mugore yahise abwira abashinzwe serivisi zo mu ndege, bamuhindurira umwanya ndetse uwo mu mugabo aba afungiwe aho yari yicaye.

Umuvugizi w’agateganyo wa Polisi wa Australia, Peter Brindal, yavuze ko no mu kirere amategeko aba ahari, ndetse ko uwahohoterwa mu buryo ubwo ari bwose akwiye kubimenyesha inzego zikorera mu ndege hanyuma uwo muntu agashyikirizwa ubutabera.

Ati “Buri mugenzi afite uburenganzira bwo kugenda yumva atekanye cyane cyane ku muntu bicaranye mu ndege. Umuntu wese ukorewe ihohoterwa asabwa kumenyesha inzego zimuri hafi vuba yaba abakozi bo mu ndege, yaba polisi yo ku kibuga cy’indege akabikora vuba bigishoboka.”

Yakomeje avuga ko “Nta bikorwa by’urukozasoni ibyo ari byo byose byemewe ku kibuga cy’indege kandi umugenzi wese wishe amategeko azahanwa bikomeye.”

Uyu mugabo wahise afungwa azaburana ifungwa n’ifungurwa ku wa 17 Mata 2026.

Umugabo w'Umuhinde yashinjwe kugerageza guhohotera umugore bari bicaranye mu ndege

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages