00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Yafashwe yahishe cocaine y’arenga miliyoni 800 Frw muri bonbon

Yanditswe na IGIHE
Kuya 11 September 2026 saa 08:33
Yasuwe :

Umugabo wo mu kigero cy’imyaka 60 yafatiwe ku Kibuga cy’Indege cya Dublin muri Irelande, nyuma yo gusanganwa cocaine yari yahishe mu dupaki twa bonbon, ifite agaciro k’Amayero ibihumbi 500 (arenga miliyoni 800 Frw).

Aya mayeri yatahuwe n’abakozi b’Urwego rushinzwe Imisoro muri Irelande bafatanyije n’abapolisi. Bafashe hafi ibiro bitanu bya cocaine byari bihishe mu dupaki twa bonbon twari turi mu mizigo y’uyu mugenzi ku Kibuga cy’Indege cya Dublin.

Iki gikorwa cyabaye ku wa Kane, ubwo abakozi b’urwego rushinzwe iby’imisoro basakaga imizigo y’uyu mugenzi.

Uwo mugabo wafashwe akekwaho kugira uruhare muri iki gikorwa yashyikirijwe ubutabera, aho yagejejwe imbere y’urukiko kuri uyu wa Gatanu kugira ngo atangire kuburanishwa.

Uyu mugabo yafashwe yahishe cocaine y’arenga miliyoni 800 Frw muri ‘bonbon’

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages