00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Wari uzi ko kwanga umuntu ugukunda cyane byamuviramo indwara y’umutima ikomeye?

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 20 January 2025 saa 12:26
Yasuwe :

Hari abantu bakundana babikerensa, umwe akumva ko ashobora kubyuka mu gitondo, agahindura uwo bakundana nk’uhindura umwenda w’imbere nyamara uwo ateye umugongo yaramaze kumwimariramo, bikamuviramo uburwayi bw’umutima bukomeye bushobora no kumuhitana.

Mu ndwara z’umutima ziri ku Isi harimo iyitwa ‘Broken heart syndrome’ iterwa no guhangayika bikabije no kugira amarangamutima arengeje urugero, by’umwihariko akaba ari amarangamutima ababaje.

Ishobora kandi guterwa n’indwara zitandukanye zizahaza umubiri cyangwa ingaruka zo kubagwa. Ni indwara ikira, ariko abantu bamwe bashobora kumara igihe kinini batameze neza, nubwo bakwivuza bakabwirwa ko bakize.

Uwafashwe n’iyi ndwara ababara mu gituza bitunguranye, akabura umwuka, akabira ibyuya, akagira isereri, ndetse ihungabanya imikorere y’umutima ku buryo ugorwa no kohereza amaraso mu bice bitandukanye by’umubiri.

Imiti imwe n’imwe yifashishwa mu kuvura indwara zo mu myanya y’ubuhumekero nka asthama n’ibindi, ibiyobyabwenge nka cocaine na byo bishobora kuba intandaro yo kuyirwara.

Iyi ndwara ikunda kwibasira abagore, abarengeje imyaka 50, n’abigeze kugira indwara y’agahinda gakabije no guhangayika.

Abahanga mu by’ubuvuzi batanga inama zo kwirinda umuhangayiko, kwita ku myitozo ngororamubiri myinshi, kandi bakegera muganga w’indwara zo mu mutwe kenshi.

Si byiza kwemera ko uwo ukunda ababara, cyangwa ngo uhubukire kumwanga mu gihe yakwirunduriyemo kuko aramutse arwaye iyi ndwara ntiyitabweho, yamuviramo urupfu.

Indwara broken heart syndrome iterwa no kugira amarangamutima arengeje urugero

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .