Ku Isi hari imico itandukanye igera hafi ku 4.000. Ikintu ufata nk’igisanzwe ugera mu kandi gace cyangwa se mu kindi gihugu ugasanga ari umuziro. Wakwemera ko no gusigaza ibiryo bifatwa mu buryo butandukanye bitewe n’umuco w’ahantu? Reka nkubwire ibihugu utazigera utekereza kumara ibiryo ku isahani nubisura, maze nyuma nkubwire aho ugomba kubimaraho ukanakomba isahani bibaye ngombwa.
Mu bihugu bimwe na bimwe byo muri Aziya nk’u Bushinwa n’u Buyapani iyo umaze ibiryo ku isahani babifata nk’aho udahaze. Ubwo rero baba bagomba gukomeza kukongera ibiryo kugeza igihe usigarije bike. Ibi ntibivuze ko ariko ugomba gukoramo rimwe ugahita urekera aho kurya. Uba ugomba gusigaza duke kugira ngo ugaragaze ko uhaze bityo niba uwakwakiriye nta bindi biryo byo kuguha afite ntakorwe n’isoni.
Mu bindi bihugu ho gusigaza ibiryo bifatwa nk’agasuzuguro no kwangiza. Urugero ni nko mu Buhinde hamwe no mu bihugu by’iburasirazuba byiganjemo abo mu idini ya Islam. Muri iyi mico ibyo kurya bibonwa nk’impano iturutse ku Mana kandi gusigaza ibiryo bibonwa nko kwangiza. Uba ugomba gusangira n’abandi kandi mukamara ibiryo mwaruye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!