Uyu mupolisi ukurikiranyweho n’inzego z’iperereza kwambika amapingu umwana w’imyaka 6 amuziza kwiyenza ku ishuri, yanenzwe n’ishami ry’igipolisi cyo muri Orlando kuko ngo bitemewe gufunga umwana utarageza imyaka 12 utabiherewe ububasha.
Icyaha bivugwa ko cyakozwe n’uyu mupolisi wari ushinzwe umutekano mu kigo cy’ishuri cya Lucious and Emma Nixon Academy Elementary school giherereye muri leta ya Florida.
Nyina w’aba bana witwa Meralyn Kirkland avuga ko yahamagawe n’umwe mu bayobozi amubwira ko umukobwa we yakubise umwe mu bakozi b’iki kigo umugeri none bakaba bamujyanye kuri gereza y’abana.
Kirkland avuga ko yagerageje gusobanurira uyu mupolisi ko mu buzima busanzwe uyu mwana w’imyaka 6 yari afite ikibazo cy’indwara z’ubuhumekero bityo ko bamurekura akitabwaho ariko ngo ntiyabyitaho.
Dr Victor Forari umuyobozi wungirije ushinzwe ibijyanye n’imitekerereze y’abana,ingimbi n’abangavu mu bitaro byitwa Nortwell Health’s Zucker Hillside, yavuze ko gufunga no kwambika amapingu umwana nk’uyu ari ukumuhungabanya.
Umupolisi wafunze abo bana azafatirwa umwanzuro hashingiwe ku bizava mu iperereza.



















TANGA IGITEKEREZO