Ni umwanzuro wemejwe n’urukiko ku wa 26 Kanama 2025, rwemeza ko kwamamaza aya masaha bavuga ko arengera ibidukikije ari ibinyoma.
Uru rukiko rwemeje uyu mwanzuro rushingiye ku bimenyetso byatanzwe na Apple byemeza ko yasohoye amasa ya mbere arengera ibidukikije.
Bumwe mu buryo busigaye bukoreshwa mu kurengera ibidukikije ni ugupima ingano y’imyuka ihumanya ikirere iri mu bicuruzwa by’uruganda, rugategekwa gutera ibiti bizafata imyuka ingana n’iyo ibicuruzwa byarwo bisohora.
Apple na yo yakoresheje ubu buryo, ikodesha ubutaka muri Paraguay mu gihe cy’imyaka itanu, iteramo ibiti.
Urukiko rwavuze ko nta cyemeza ko iryo shyamba rizakomeza kubaho kuko riteye ku butaka bwatijwe by’igihe gito, ndetse ko ibiti biriteyemo ari ubwoko bumwe kandi bukenera amazi menshi bushobora gutuma ubutaka bwuma.
Ruti “Nta cyemeza ko ahazaza uyu mushinga w’ishyamba uzakomeza.”
Apple ntiyatangaje niba izajurira, icyakora muri Kamena 2025, ubwo uru rubanza rwatangiraga yavuze ko imanza nk’izi zizatuma ibigo bitinya gukora imishinga nk ‘iyo yo kurengera ibidukikije.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!