00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umwamikazi w’U Bwongereza yasubitse ibirori by’isabukuru ye bwa mbere mu myaka 68

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 19 April 2020 saa 09:57
Yasuwe :

Bwa mbere mu myaka 68 ishize, Umwamikazi Elizabeth II ntazizihiza isabukuru ye y’amavuko nk’uko byari bisanzwe aho hakorwaga imihango irimo no kurasa imizinga y’amasasu.

Umwamikazi yasubitse ibirori byo kwizihiza isabukuru ye y’amavuko kuko yumvaga ko byaba bitaboneye mu gihe Isi ihanganye n’icyorezo cya Coronavirus.

Byitezwe ko ibwami bazizihiza isabukuru y’imyaka 94 y’umwamikazi Elizabeth ku wa 21 Mata binyuze ku mbuga nkoranyambaga gusa.

Ibintu byose bijyanye n’umuryango w’ibwami birimo ibiganiro kuri telefoni mu buryo bw’amajwi n’amashusho umwamikazi azagirana n’umuryango we, byose bizagirwa ibanga.

Imyiyereko ya gisirikare iba muri Kamena mu kwizihiza isabukuru y’umwamikazi nayo yahagaritswe. Ni umuhango watangijwe n’umwami George II mu 1748.

Muri uyu muhango, Umwamikazi usanzwe ari n’Umukuru w’Ingabo z’Ubwami bw’u Bwongereza agira umwanya wo kugenzura ingabo ze mu karasisi.

Umwaka ushize, amafarashi 200, abacuranzi 400 n’abasirikare 1400 nibo bitabiriye ako karasisi.

Umwamikazi w'u Bwongereza aritegura kuzuza imyaka 94 y'amavuko
Ubusanzwe habaga ibirori bikomeye birimo n'akarasisi ka gisirikare

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages